Indege ya RwandAir yahagaze bitunguranye i Lubumbashi -

webrwanda
0

Iyi ndege yahagurutse i Kigali 23:55 z’ijoro, igomba kugera i Johannesburg ku Kibuga cy’Indege cya OR Tambo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane saa 05:03 mu rugendo rutwara amasaha atanu n’iminota umunani.

Kubera ibibazo bya tekiniki, urugendo rwayo ntirwagenze uko byari byagenwe kuko byabaye ngombwa ko ihagarara i Lubumbashi muri RDC igakererwa amasaha 7 n’iminota 47. Yageze aho yagombaga kugera 12:50.

RwandAir yifashishije urukuta rwayo rwa Twitter, yavuze ko hoherejwe indi ndege kugira ngo ikomezanye abagenzi aho bari bagiye.

Bugira buti “Indi ndege yoherejwe gutwara abagenzi ngo bagere aho berekezaga mu mahoro.”

Muri Gashyantare uyu mwaka, RwandaAir yari yahagaritse ingendo ziva n’izijya i Johannesburg bitewe n’ubwoko bushya bwa Covid-19, bwari bwagaragaye muri Afurika y’Epfo gusa zongeye gusuburwa ubwo bwacogoraga.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)