Samputu wahindutse igikoresha cya Museveni ari mu myiteguro yo gutangiza ishyaka -

webrwanda
0

Ibi bikorwa bya Samputu bishyigikiwe na Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, mu mugambi amazemo imyaka wo gukora ibishoboka byose ngo ahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Abazi iby’iyi migambi bavuga ko Museveni yabwiye Samputu ko nk’umuhanzi wagize igikundiro mu Rwanda, ashobora gukoresha ijwi rye agafata imitima y’Abanyarwanda nk’uko Kizito Mihigo yabikoze.

Ishyaka rya Samputu rifite intego yo kwibanda ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rikababwira ko Leta y’u Rwanda itabitayeho.

Bivugwa ko abafatanyabikorwa ba Samputu muri uyu mugambi wo gushinga ishyaka barimo René Mugenzi, Zaneza, Claude Gatebuke, bazwi cyane mu bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse bakiyitirira ko bayirokotse kandi atari byo, ahubwo bakomoka ku babyeyi bagize uruhare mu guhekura u Rwanda.

Mugenzi we aherutse guhamywa n’urukiko mu Bwongereza kwiba amafaranga ya Kiliziya yakoragamo.

Amakuru kandi avuga ko uyu Samputu amaze iminsi mu bikorwa byo kuvuga ko Kizito yishwe na Leta y’u Rwanda, nyamara n’umuryango we warabyamaganye, ndetse ugasaba abarimo Samputu n’abandi kureka ibikorwa byo kwirirwa bamuvugiraho, aho bamuhinduye iturufu y’ibikorwa byabo bya politiki.

Si ubwa mbere Samputu acuditse na Museveni kuko no mu bihe by’Intambara ya Kisangani, ubwo ingabo z’u Rwanda zatsindaga uruhenu iza Uganda, Samputu yari atuye i Kampala, kandi afitanye ubucuti na Museveni budasanzwe ku buryo banasuranaga.

Nyuma y’uko umubano hagati y’ibihugu byombi utangiye kujya mu buryo, Samputu yagiye gutura mu Rwanda, kuko nta nyungu yari akibona kwa Museveni.

Mu Rwanda yahakoreye umuziki urimo n’uhimbaza Imana, mbere y’uko yimukira muri Canada, ari naho atuye.

Hashize iminsi agaragara mu bikorwa bitandukanye byateguwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda, by’umwihariko abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Jean Paul Samputu ari mu bikorwa byo gushinga ishyaka



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)