Musanze: Abakekwaho kwica abana babatwikiye mu nzu bakatiwe igifungo cya burundu -

webrwanda
0

Urubuga rw’ubushinjacyaha rwatangaje ko abaregwaga bakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu uretse Hitimana Jean de Dieu wari umukuru w’Umudugudu we wahanishijwe igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni imwe kubera ko we yahamwe gusa n’icyaha cy’ivangura.

Ibi byaha aba bose bari bakurikiranweho byatangiriye ku cyaha cy’ivangura rishingiye ku bwoko cyakorerwaga Sifa Celestine utuye mu murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, ubwo abagize umuryango wa Munyakazi Evariste bahoraga bamutoteza, babwira umugabo we ngo yashatse umututsikazi, bakamubwira amagambo akomeretsa, bakajya babatera amabuye, bakanajugunya amazirantokimu rugo ndetse bakaba barigeze no kubatangira barabakubita barabakomeretsa.

Urwo rwango rwakomeje gukura kugeza ubwo Munyakazi Evariste yaje kwima uwo mugabo inzira y’imodoka ye, abonye amaze kuyinjiza mu gipangu, ahita azamura urukuta rw’amabuye aho imodoka yagombaga kunyura ngo isohoke bituma ihera mu gipangu.

Ayo makimbirane yarushijeho gukomera kugeza ku wa 22 Gashyantare 2020, ubwo Sifa Celestine yari mu rugo ari kumwe n’abana bigeze mu gihe cya saa kumi n’ebyiri n’igice ajya guhaha, agarutse asanga abana be babatwikiye mu nzu bamennye ikirahuri cy’idirishya ry’icyumba yari yasize abaryamishijemo, maze umwana wari ufite imyaka ibiri ahita yitaba Imana, undi arashya bikomeye ahita ajyanwa kwa muganga ubu bikaba byaramuviriyemo ubumuga bukomeye bwo gucibwa akaguru, ndetse n’umubiri wose ukaba wuzuye ibikomere by’ubushye.

Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwakatiye igifungo cya burundu batanu muri batandatu baregwaga ibyaha byagejeje ku gutwikira abana babiri mu nzu



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)