Biratangaje:amaze imyaka 20 yose angana gutya||ntiwamenya ko ari umukobwa kubera uburyo akinamo umupira. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu mukobwa w'inkumi ariko ugaragara nk'umwana yitwa Nishimwe Josephine aho bavuga ko afite imyaka 20 y'amavuko ariko kubera ubumuga yavukanye  bwatumye agaragara nk'aho ari umwana muto ndetse agira umutwe munini watumaga abandi bana bamuserereza.

Uyu mukobwa utuye mu karere ka Gisagara ubwo yasurwaga na Afrimax Tv bamusanze akina umupira n'abandi bana,aho na we yavuze ko akunda umupira w'amaguru ndetse afite inzozi zo gusimbura Lionel Messi ngo kuko amukunda cyane.yagize ati:'nkunda umupira cyane nari nziko nzasimbura Messi gusa ubumuga bwanjye ntibonyoroheye.'

Mama wa Josephine yavuze ko yamujyanye ku ishuri abandi bana bakamuseka bamuserereza kubera ubugufi bwe,ndetse ko byatumye ajya yanga gusubira ku ishuri ariko ngo kuri ubu atangiye kumenyera ishuri ,aho na we atangaza ko hari byinshi mu byo biga amaze kumenya nk'imibare,icyongereza, na siyansi.

Josephine arimo gukina n'abandi bana.

Mama we yakomeje avuga ko Josephine akunda kwinezeza no gukora uturimo dutandukanye two mu rugo, nubwo babayeho mu buzima bw'ubukene.

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/biratangajeamaze-imyaka-20-yose-angana-gutyantiwamenya-ko-ari-umukobwa-kubera-uburyo-akinamo-umupira/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)