Umunyezamu wa Yanga yakingiye ikibaba Michael Sarpong #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Faroukh Shikhalo umunyezamu wa Yanga yo muri Tanzania avuga ko kuba Sarpong atarimo gutsinda atari umuswa ahubwo ari igitutu cyo gushaka ibitego kuko ngo mu myitozo ni we mukinnyi uba uhagaze neza.

Muri Kanama 2020 ni bwo Michael Sarpong wari usoje amasezerano muri Rayon Sports yasinyiye Yanga yo muri Tanzania.

Uyu rutahizamu w'umunya-Ghana akaba yaragiye muri iyi kipe yitezweho gukora ibitangaza ariko bikaba byaranze ndetse abafana bakaba baratangiye kumushyira ku gitutu ndetse bamwe bakavuga ko yabahombeye.

Umunyezamu wa Yanga, Faroukh Shikhalo avuga ko ari umukinnyi mwiza ahubwo akeneye igihe cyo kugira ngo yisange mu ikipe atangire atsinde.

Ati'iyo ari mu myitozo aba ari umukinnyi mwiza akora neza, agatsinda. Iyo ari mu kibuga aba afite igitutu cyo gutsinda ari nayo mpamvu ananirwa kwerekana icyo ashoboye. Ikibazo ni igihe, umunsi azatsinda azaba ari ibyishimo kuri we n'ikipe muri rusange.'

Kugeza uyu munsi Yanga iyoboye urutonde rwa shampiyona muri Tanzania aho bamaze gukina imikino 21. Muri iyi mikino batsinzemo ibitego 34 harimo ibitego 4 bya Sarpong gusa, yatanze umupira umwe wavuyemo igitego ndetse anakorerwaho penaliti imwe. Ibi bitego akaba abinganya na myugariro w'iyi kipe akaba na kapiteni wayo, Lamine Moro.

Sarpong ibitego byarabuze akomeje kujya ku gitutu
Faroukh Shikhalo avuga ko Sarpong ari umukinnyi mwiza ukeneye igihe



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umunyezamu-wa-yanga-yakingiye-ikibaba-michael-sarpong

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)