Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB), rwemeje ko rwataye muri yombi abantu bane bakurkiranyweho gutwika imidoka ya Iraguha David ushinzwe ubutegetsi(DAF) mu ishirayahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Mu ijoro ryo ku wa 24 Werurwe 2021 nibwo imodoka ya Iraguha David usanzwe ari umukozi wa FERWAFA yahiye.
Iyi modoka ikaba yarahiriye iwe mu rugo aho atuye mu mudugudu wa Musebeya, akagari ka Muganza, umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi.
Iyi modoka yahiye mu buryo bw'amayobora, RIB yemeje ko yamaze guta muri yombi abakurikiranyweho iki cyaha.
Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thierry yabwiye ISIMBI ati"nibyo hafashwe abantu bane bakurikiranyweho gutwika iyo modoka. Iperereza ni icyo cyavuyemo, bane barafashwe."
Abafashwe ni Nzabihimana Gaspard na mushiki we Mujawimana Olive, Ndungutse Pascal na Ntikozisoni Elie.
Aba bafashwe bakaba bacumbikiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Runda mu karere ka Kamonyi.
Source : http://isimbi.rw/siporo/rib-yafashe-bane-bakekwaho-gutwika-imodoka-y-umukozi-wa-ferwafa