Nyarugenge: Abagore barwanye inkundura bapfa imitungo y’umugabo wari umaze gutabwa muri yombi -

webrwanda
0

Amakuru avuga ko uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu Murenge wa Nyakabanda akekwaho gucuruza urumogi, cyane ko atari ku nshuro ya mbere yari afatiwe muri ibyo bikorwa.

Nyuma y’uko afunzwe, nk’aho abagore be bagafashe umwanya wo gukurikirana ikirego cye no kumenya amakuru arambuye kuri cyo, bahisemo gutangira kwishakamo uzatwara imitungo isizwe n’uwo mugabo, n’ubwo ataranakatirwa n’inzego zibifitiye ububasha.

Nyuma y’uko rubuze gica, abari aho batangajwe no kubona se w’uwo mugabo atungutse, aza nawe avuga ko aje gutwara imitungo y’umuhungu we, uretse ko inzego z’umutekano zari zamaze kuhagera, zikaburizamo uwo mugambi we.

Izi nzego kandi ni na zo zaburijemo amakimbirane y’aba bagore babiri, nyuma y’uko zitabajwe n’abaturage bari batewe impungenge n’umutekano mucye wari muri ako gace.

Nyuma y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo, abatuye muri aka gace babwiye IGIHE ko bishimiye ko yafashwe bitewe n’uko yari amaze kurarura abana bahaturiye.

Uwitwa Mutuyimana Vincent ati “Yacuruzaga itabi akanasambanya abana b’abakobwa benshi ku buryo hari n’umudugudu bamwirukanyemo kubera ibyo byo kujya yiriza utwana tw’udukobwa mu nzu ye aduha urumogi, byadushimishije twese kuko yari afite imico mibi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakabanda ya I, Clarisse Mbaza, yemeza ko umugore muto w’uyu mugabo ari we wasigaranye ibintu bye.

Ati “Ibijyanye n’abagore be, uwo yasigiye urufunguzo muto niwe ukirimo, papa we n’undi mugore bagiriwe inama yo kwegera Tigo akabaha uburenganzira bwo kugira icyo bafata mu nzu nk’uko babishakaga”.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyakabanda kimwe n’indi byegeranye bumaze iminsi mu bikorwa byo kurwanya abakora inzoga z’inkorano ndetse n’abacuruzi b’urumogi, mu rwego rwo kongera umutekano muri utwo duce.

Aka gace kitwa Karabaye, akaba ari ko kabereyemo iri sanganya / Ifoto: Thamimu Hakizimana



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)