Uwihoreye Jean Bosco Mustafa wamamaye cyane nka Ndimbati kubera filime z'uruhererekane nka Papa Sava n'izindi zitandukanye yakinnyemo, yateye umutoma umugore we azirikana agaciro afite mu buzima bwe. Ibi Ndimbati yabikoze abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram aho yabanje gushyira hanze ifoto ye ari kumwe n'umugore we.
Nyuma yuko Ndimbati ashyize hanze iyi foto ye ari kumwe n'umugore we yayiherekesheje amagambo agira ati:'Mama wabanabange ndamukunda urimfura mugore mwiza'.
Comments
0 comments
Source : https://yegob.rw/ndimbati-yateye-umutoma-ukomeye-umugore-we-azirikana-agaciro-afite-mu-buzima-bwe/
