- Ishyaka rya Rwandese Platform for Democracy (RPD), kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Werurwe 2021,ryatangaje ko umuyobozi waryo Dr. Kayumba Christopher agomba kongera kwitaba Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB).

Ryagize riti 'Turamenyesha abayoboke bacu, Abanyarwanda muri rusange n'inshuti ko umuyobozi wacu Dr Christopher Kayumba yitaba Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) ku nshuro ya kabiri uyu munsi ku wa 29 Werurwe 2021.'
Nubwo icyo yahamagariwe atakibwiwe kuri iyi nshuro, Dr Kayumba yaherukaga kwitaba RIB tariki ya 22 z'uku kwezi ubwo yahatwaga ibibazo byerekeye ikirego yashinjwaga cyo gusahaka gufata ku ngufu umunyeshuri yigishaga mu mwaka wa 2017 mu ishuri ry'itangazamakuru rya Kaminuza y'u Rwanda.
Icyo gihe RIB ntiyigeze imubwira uwo munyeshuri uwo ari we ndetse na we ubwe bimubera urujijo kuko atari kumenya uwo munyeshuri mu banyeshuri ibihumbi bamuciye imbere nk'uko yabitangarije itangazamakuru.
Dr Kayumba Christopher agiye kwitaba uru rwego nyuma y'iminsi ibiri amenye umunyeshuri umurega kugerageza kumufata ku ngufu. Uyu yitwa Fiona Muthoni Ntarindwa, akaba asanzwe ari umunyamakuru wa CNBC, ishami rya Afurika.
ITANGAZO / PRESS STATEMENT pic.twitter.com/sJ2syGLyJq
â" Rwandese Platform for Democracy (RPD) (@RPDRwanda) March 29, 2021
Source : https://impanuro.rw/2021/03/29/dr-kayumba-yongeye-guhamagarwa-imbere-ya-rib/