Canal Olympia Rebero ikomeje kuba imararungu n’izingiro ry’ibyishimo ku basura u Rwanda n’abakunda kwidagadura (Amafoto) -

webrwanda
0

Aho nta handi ni mu kigo kiberamo ibikorwa by’imyidagaduro bitandukanye birimo kwerekana filime, ibitaramo n’imikino itandukanye kizwi nka ’Canal Olympia Rebero’, gitangiye kuzana impinduka mu myidagaduro ku Banyarwanda n’abarusura.

Umuyobozi wa Canal Olympia, Aimée Umutoni, yabwiye IGIHE ko bishimira ko mu gihe bamaze batangiye hari impinduka bamaze kuzana mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, n’ubwo bagiye bahura n’imbogamizi zitandukanye ziganjemo izazanywe na COVID-19.

Ati “Twatangiye mu Ukuboza dufungura ku mugaragaro. Abantu barahakunze cyane cyane mu mpera za 2020, cyane ko abantu bari bari mu biruhuko n’abanyeshuri abenshi ntabwo bigaga, haza kubaho ibihe bya Guma mu rugo twongera gufungura irangiye, twerekana filime zitandukanye zirimo izo muri Amerika ariko hari n’iyakunzwe cyane cya Gaël Faye yitwa Petit Pays, yakiniwe mu Rwanda.”

Yakomeje asaba Abanyarwanda baba bafite filime bashaka ko bajya berekana ko babegera.

Ati “Byatumye twumva twashishikariza buri Munyarwanda wese waba afite filime itarerekanwa ahantu na hamwe, kuba yaza akatuvugisha tukaba twajya tuyerekana.”

Nyuma y’aho icyiciro cya mbere cy’iki kigo kirangiye, ubu harimo ibikorwa bitandukanye birimo kwerekana filime kuva ku wa Kabiri kugeza ku Cyumweru guhera saa Saba z’amanywa kugeza saa Mbili n’iminota 45 z’ijoro mu mibyizi, naho muri weekend bizajya bihera saa Tanu.

Aha hantu hashobora gukorerwa ikiganiro n’abanyamakuru, sosiyete zishaka kuhakorera igikorwa runaka ziratumiwe cyangwa se ku muryango ushaka gusohoka. Hari icyo kunywa ndetse barateganya gutangiza restaurant.

Hashobora gukorerwa ibitaramo, kuherekanira imipira na filime ndetse hakabera amaserukiramuco n’ibindi bikorwa.

Hari kandi umukino wa ‘Escape game’ udasanzwe mu Rwanda, uyoborwa na Iyarwema Simon. Uyu mukino muri Canal Olympia ukinirwa mu byumba bibiri. Ni umukino uhuza abantu batandukanye aho ubafasha gutekereza uko washaka igisubizo vuba, gukorera hamwe n’ibindi.

Mu cyiciro cya kabiri hari kubakwa ibibuga bibiri by’umupira w’amaguru (Mini-foot) ibibuga byo gukiniramo by’abana n’ikibuga cya Mini-golf kizaba cyubatse ku rwego mpuzamahanga ku buryo mu gihe kiri imbere cyajya cyakira amarushanwa akomeye.

Mu Ukuboza ni bwo Ikigo cyo mu Bufaransa cya Vivendi Group, cyatangije mu Rwanda Canal Olympia Rebero.

Vivendi Group ishamikiye kuri Bolloré Holdings, ni yo ifite televiziyo n’inzu itunganya filime ya Canal+ Group, inzu itunganya umuziki ya Universal Music Group, inzu y’ibitabo ya Editis, Ikigo cy’Itumanaho cya Havas, Ikigo cy’Imikino cya Gameloft n’urubuga rushyirwaho amashusho rwa Dailymotion.

Kubaka iki Kigo cya Canal Olympia Rebero byari bikubiye mu masezerano Vivendi Group yasinyanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, yo gushora imari mu mushinga uzwi nka Kigali Cultural Village (KCV) no kuwubyaza umusaruro.

Kigali Cultural Village (KCV) ni umushinga uzakorerwa ku musozi wa Rebero uzaba ugizwe n’umudugudu urimo inyubako zakira ba mukerarugendo, ibikorwa by’ubucuruzi bugaragaza umuco Nyarwanda, ibibuga by’imyidagaduro, ubusitani bwiza burimo ibihangano bya Kinyarwanda, amateka n’ibindi.

Abashaka kurebera filime muri Canal Olympia Rebero, bishyura 2500 Frw ku muntu. Aherekanirwa filime ubusanzwe hafite imyanya 300 ariko ubu hemerewe imyanya ijana mu rwego rwo kwirinda Coronavirus.

Canal Olympia Rebero ifite umwihariko w’uko muri ibi bikorwa byose izajya ikoresha ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba, mu rwego rwo kwirinda kwangiza ibidukikije no gukoresha neza ingufu.

Uyu mushinga watangijwe mu Rwanda usanga indi Vivendi Group yubatse hirya no hino ku Mugabane wa Afurika mu bihugu nka Benin, Burkina Faso, Sénégal, Nigeria, Togo, Gabon, Guinea na Cameroun.

Aba muri Escape game baba bafite itumanaho n'umutoza wabo
Umuyobozi wa Canal Olympia mu Rwanda, Aimée Umutoni, yavuze ko bishimiye ibyo bamaze kugeraho
Abagana Canal Olympia bakiranwa urugwiro
Aha hakira abantu 300 ariko ubu hakira 100 kubera icyorezo cya COVID-19
Aha hantu hazajya hakira ibikorwa bitandukanye birimo iby'umuziki
Aherekanirwa filime ni uku hameze
Canal Olympia Rebero yaje isanga izindi Vivendi Group yubatse hirya no hino ku Mugabane wa Afurika zirimo iyo muri Benin, Burkina Faso, Sénégal, Nigeria, Togo, Gabon, Guinea na Cameroun
Canal Olympia yitezweho kuba igicumbi cy'imyidagaduro mu Rwanda
Hari ahantu umuntu yafatira amafu
Hatangijwe icyiciro cy'ibindi bikorwa bigiye kubakwa muri Canal Olympia
Herekanwa filime kuva ku wa Kabiri kugera ku Cyumweru, guhera saa Saba z'amanywa kugeza saa Mbiri na 45 z'ijoro naho muri weekend gahunda itangira saa Tanu
Iki cyumba cyo gikinirwamo umukino nawo wa Escape Game uvuga ku musore wakunze umukobwa urukundo rw'amaganya
Iki cyumba gikinirwamo Escape Game aho buri wese mu bantu barimo aba ashaka urufunguzo rwacyo ngo abashe gusohoka
Iki cyumba ni kimwe mu byifashishwa muri Escape Game
Ikipe ya bamwe mu bakozi ba Canal Olympia yitezweho kuba igicumbi cy'imyidagaduro mu Rwanda
Imbere y'urubyiniro ruri muri Canal Olympia hari icyanya kinini kizajya kijyamo abashaka kuhidagadurira
Iyarwema Simon ni we uyobora umukino wa Escape game udasanzwe mu Rwanda afire camera akurikiraniramo uko abari mu mukino bari kwitwara
Iyarwema Simon ni we uyobora umukino wa Escape game udasanzwe mu Rwanda
Iyarwema Simon uyobora umukino wa Escape Game udasanzwe mu Rwanda, ni umubyinnyi ukomeye mu Rwanda ndetse yagize uruhare mu ikorwa rya filime zikomeye zirimo iya Gaël Faye yitwa Petit Pays
Ibibuga bizaba byubatse muri iki kigo bizaba byubatse ku rwego mpuzamahanga
Kubaka iki Kigo cya Canal Olympia Rebero byari bikubiye mu masezerano Vivendi Group yasinyanye n'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, yo gushora imari mu mushinga uzwi nka Kigali Cultural Village (KCV)
Mu Ukuboza ni bwo Ikigo cyo mu Bufaransa Vivendi Group cyatangije Canal Olympia Rebero mu Rwanda
Hazubakwa ibibuga birimo iby'umupira w'amaguru na golf
Icyiciro cya kabiri cy'umushinga wa Canal Olympia kizaba kigizwe n'ibibuga cyatangiye kubakwa
Aha hazajya umukino wa Escape Game
Ibikorwa byo kuhatunganya byararangiye
Aha ni ho hantu wasanga imikino nk'iyi mu Rwanda
Hateguye mu buryo bubereye ijisho
Umukino wa Escape ukinirwa muri iki cyumba wigisha abantu gushaka ibisubizo vuba
Ibi byumba byubatse ku buryo bwagenewe uwo mukino mu buryo bw'umwihariko
Iki cyamba na cyo kizajya cyakira umukino wa Escape
Ibi ni bimwe mu bizifashishwa mu gukina uyu mukino
Ibizakenerwa byose byamaze gutegurwa
Ibishobora kwifashishwa n'abana na byo birateguye
Muri Canal Olympia hari byinshi bizajya bifasha abantu kwidagadura
Ibi byumba na byo bizajya byakira imikino itandukanye
Ugeze kuri Canal Olympia yakirwa neza n'abakozi babihuguriwe
Umuntu ushaka kureba filime zigezweho anyarukira muri Canal Olympia agashira irungu
Umuyobozi wa Canal Olympia, Aimée Umutoni, avuga ko igihe bamaze batangiye gukora bakomwe mu nkokora na COVID-19 ariko ubu ibintu bikaba biri kugenda neza

Amafoto: Igirubuntu Darcy




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)