Agahinda ka Murindangabo, umushoramari wirukanywe muri Uganda afite urufunguzo rw’icyumba cya hoteli gusa (Video) -

webrwanda
0

Murindangabo yafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI, aho yashinjwaga kuba intasi y’u Rwanda muri icyo gihugu, bigatuma afungwa, agakorerwa iyicarubozo mbere yo koherezwa mu Rwanda akakirirwa ku Mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare, ku wa 12 Werurwe 2021.

Uyu mugabo yize amashuri abanza n’ayisumbuye mu Rwanda, ariko aza kujya kwiga kaminuza muri Uganda, muri Kampala University, aho yize iby’Ubucuruzi. Yaje no kwiga icyicaro cya gatatu cya kaminuza muri Nkumba University nayo yo muri icyo gihugu.

Uyu mugabo yinjiye mu bucuruzi kera kuko akiri umunyeshuri muri Kampala University, yavanaga ibicuruzwa bitandukanye mu Rwanda akajya kubigurisha i Kampala ndetse mu mwaka wa 2013 yashinze ikigo cy’ubucuruzi gikora ibyo bikorwa mu buryo bw’umwuga.

Mu mwaka wa 2015, yatangiye akabari kitwa ‘Pyramid Bar and Restaurant’, kaje kwaguka ku buryo yatangiye kugatumiramo abahanzi n’abavanga imiziki (Djs), barimo n’abo mu Rwanda.

Bitewe n’ubunyamwuga yari yagaragaje, ubucuruzi bwe bwaragutse cyane bigera ubwo akabari ke kaba kamwe mu tuzwi, tunakomeye muri Uganda.

Ku wa 4 Gashyantare 2021, ni bwo abakozi ba CMI bamutaye muri yombi bamusanze yicaye muri ako kabari ari kumwe n’undi Munyarwanda witwa Mugisha Shadrack bakoranaga.

Murindangabo na Mugisha bajyanywe muri gereza za CMI, nyuma baza kujyanwa muri Gereza ya Gisirikare ya Makindye.

Bitewe n’uko Murindangabo yafashwe atunguwe, kandi agafatanwa na Mugisha bakoranaga, akabari kabo bagasize karangaye, ku buryo batazi uko bimeze magingo aya.

Ati “Nari mfite Ikigo cy’Ubukerarugendo cyakoreraga muri Uganda ndimo nshaka no kucyagurira hano, nari mfite [akabari ka] Pyramid, restaurant n’ibindi. Ni akabari kari kanini muri Uganda kazaga muri dutanu twa mbere i Kampala. Bivuze ko muri Uganda hari ibintu byinshi mpataye.”

Yakomeje agira ati “Hari n’ibindi birimo ibibanza naguze nari ntararangiza kubaka, n’ibyo mfitiye ibyangombwa ntazi ko nzabona, aka kanya ubimbajije ntabwo nabigusobanurira, hari abamfitiye amafaranga nanjye hari abo nyafitiye. Mu by’ukuri ni byinshi.”

Avuga ko umunsi bafashwe, abakozi ba CMI babasanze muri restaurant barimo kuganira, bafatwa uko bagafashwe batanabwiye abakozi babo uko bagomba gucunga umutungo w’akabari.

Ati “Baraje badusanga twicaye muri restaurant turimo kuganira n’inshuti zacu, bahise badufata ku buryo usibye urufunguzo rw’icyumba nararagamo, nta kindi kintu nabonye uko nzana. No muri hoteli nararagamo baracyambarira bazi ko nkiyiraramo. Ikofi yari iri imbere yanjye cyangwa telefoni ntabwo nabashije kubifata.”

Yafungiwe mu musarani

Ibikorwa byo gutoteza Abanyarwanda baba muri Uganda mu buryo butandukanye byatangiye kuva mu mwaka wa 2017, aho abantu ibihumbi bamaze kugaruka mu Rwanda bavuye muri Uganda, bamwe bagaruka barakorewe iyicarubozo, bafungwa binyuranyije n’amategeko, bamburwa utwabo ndetse bamwe bakuramo ubumuga bukomeye.

Murindangabo avuga ko we ubwo yari agejejwe muri gereza ya CMI, yahise ashyirwa mu musarani.

Ati “Hari igihe abantu bavuga iyicarubozo […] tunajya kuhagera baratubajije ngo mwari mwahura n’iyicarubozo? Ariko iyicarubozo rya mbere ni mu mutwe.”

Yakomeje agira ati “Ndabyibuka tuhagera, umusarani nagiyemo wari waramenetse amazi yuzuye ukandagiramo akakugera hejuru y’inkweto. Irindi yicarubozo navuga nahuye naryo ni ukumara iminsi irenga icumi utari woga.”

Urwitwazo rwo gushimuta Abanyarwanda rukunze guhuzwa no ‘Kwinjira cyangwa kuba muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko, ndetse no kuba intasi z’u Rwanda’. Nyamara ibi ni amakuru atari yo kuko mu Banyarwanda benshi bafashwe, harimo abamaze imyaka myinshi muri Uganda, abandi baranahashatse cyangwa bakahabyarira, ndetse bafite n’ibyangombwa byo gutura muri icyo gihugu.

Ikiganiro na Murindangabo Renatus

Murindangabo Renatus yazanywe mu Rwanda afite urufunguzo rwa hoteli yararagamo gusa

Video: Uwacu Lizerie




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)