Bamwe mu banyamakuru batandukanye bakingiwe, babwiye IGIHE ko bishimiye guhabwa urukingo rwa Coronavirus, kuko bizatuma akazi kabo kagenda neza, dore ko kabahuza n’abantu benshi.
Mu byishimo byinshi, Olivier Ngabirano ukora kuri TV1, yavuze ko yishimiye guhabwa urukingo kandi akaba yumva ameze neza.
Yagize ati “Meze neza nta kibazo mfite kugeza ubu, urumva gukingirwa ubwabyo birandinda kwandura Coronavirus, kandi bitandukanye n’ibihuha bigenda bikwirakwizwa, maze igihe nkingiwe kandi ndumva meze neza.”
Ku ruhande rwa Gonzage Muganwa, umwe mu bafite inararibonye mu itangazamakuru ryo mu Rwanda, dore ko yanayoboye abanyamakuru mu nzego zitandukanye, yavuze ko yishimiye uburyo iki gikorwa kiri kugenda.
Ati “Nabyakiriye neza kuko gahunda iteguwe neza, biri kugendera ku murongo. Ni ukuvuga ko igihugu cyiteguye kandi ntabwo bibabaza ahubwo umuntu ni ugutekereza ku rundi rukingo rwa kabiri kugira ngo yizere ko kwirinda Coronavirus yabigezeho”.
Ku bwa Christophe Hitayezu, yashimye Leta y’u Rwanda yatekereje ku banyamakuru ikabaha urukingo, asaba abaturage kwirinda ibihuha, uwo icyiciro cye kigezweho akemera kuruhabwa kuko nta ngaruka rugira.
Ati “Ndumva meze neza kuko nta mpinduka n’imwe iraba mu mubiri kandi nizeye ko nta mpinduka ziri bubeho, kuko imikorere y’urukingo ndayisobanukiwe. Ndashimira Leta yabonye ko abanyamakuru nabo bakwiye kugerwaho n’uru rukingo.”
Ibikorwa byo gukingira Covid-19 mu Rwanda byatangiye ku wa Gatanu, tariki ya 5 Werurwe uyu mwaka, aho abantu 257 449 bamaze gukingirwa.