RIB yaburiye abacuruza ibiribwa n'ibinyobwa bitujuje ubuziranenge birimo na mukorogo - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Iki gikorwa cyakozwe ku bufatanye n'inzego zitandukanye zirimo Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kubungabunga Ibidukikije, REMA, Umujyi wa Kigali ndetse na Polisi y'igihugu, cyabaye hagati ya tariki ya 17 kugeza ku wa 19 Gashyantare 2021.

RIB itangaza ko ibyafatiriwe bikanamenwa birimo inzoga zitemewe n'amategeko, ibiribwa n'ibinyobwa byarengeje igihe nk'imitobe, ifu y'akawunga, isukari, amavuta yo guteka, imigati na yoghurt. Hanamenwe kandi n'amavuta atukuza uruhu azwi nka mukorogo.

Umuvugizi w'Umusigire wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yaburiye abakora ubucuruzi bw'ibi bikoresho, ibinyobwa n'ibiribwa bitujuje ubuziranenge ko bigira ingaruka mbi ku buzima bw'abantu no ku bidukikije.

Yakomeje ati 'RIB ntabwo izihanganira umuntu wese ucuruza ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge, uzafatwa azahanwa n'amategeko.'

Dr. Murangira yanagiriye inama abishora muri ibi bikorwa ko bagomba kubireka.

Yibukije ndetse anashishikariza abaturarwanda gushishoza bakareba igicuruzwa cyujuje ubuziranenge mbere yo kukigura kandi bagatanga amakuru ku nzego zibishinzwe mu gihe babonye ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge.

Amavuta ya mukorogo agira ingaruka nyinshi ku bantu bayakoresha zirimo kwangirika k'uruhu kuko uko umuntu agenda yisiga bitera uruhu kugira intege nke zo kurwanya imirasire y'izuba bikongera ibyago byinshi byo kuba umuntu yarwara kanseri.

Abahanga mu by'ubuzima kandi bavuga ko uruhu rugira intege nke ku buryo igihe cyose umuntu yakenera gukorerwa kwa muganga nko kubagwa bituma rudasubirana ahubwo rugacika.

Iyo amavuta asigara mu icupa igihe bamaze kuyakoresha, ayo macupa atembana n'indi myanda, ugasanga ajya mu nyanja no mu migezi agahumanya amazi n'amafi ndetse umuntu yayarya ugasanga uriye ya hydroquinone.

Abacuruza ibiribwa n'ibinyobwa bitujuje ubuziranenge baburiwe ko amategeko atazaborohera
Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwamennye ibikoresho, ibiribwa n'ibinyobwa byafashwe bitujuje ubuziranenge mu bice bitandukanye by'igihugu
Iki gikorwa cyitabiriwe n'inzego zitandukanye
Abaturarwanda basabwe gushishoza bakareba niba igicuruzwa cyujuje ubuziranenge mbere yo kukigura



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rib-yaburiye-abacuruza-ibiribwa-n-ibinyobwa-bitujuje-ubuziranenge-birimo-na

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)