COVID-19: Amasaha y’ingendo yongerewe; amashuri, insengero n’ubukwe birakomorerwa -

webrwanda
0

Iyi nama yateranye kuri uyu wa Gatanu yayobowe na Perezida wa Repubulika, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.

Mu ngamba nshya zatangajwe harimo ko amasaha y’ingendo yongereweho imwe avanwa saa Moya agezwa saa Mbili ku gihe buri wese agomba kuba yageze mu rugo mu gihe ayo gufunga yavanywe saa Kumi n’Imwe ashyirwa saa Kumi n’Ebyiri za nimugoroba.

Inama y’Abaminisitiri kandi yanzuye ko amashuri yose yaba aya leta n’ayigenga ndetse na za kaminuza afungurwa.

Mu bindi bikorwa byakomorewe harimo insengero ndetse n’ubukwe ariko bwashyiriweho amabwiriza yihariye y’abagomba kubwitabira, hanakumirwa ibirori byo kwiyakira bibukurikira.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)