Rusizi : Abitwaje intwaro bateye urugo rw'umuturage barasa umugore we arapfa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020, ubwo uyu muturage witwa Bavugamenshi Fidele yaterwaga n'aba bagizi nabi bakica umugore we witwa Mukandayisenga Olive.

Amakuru avuga ko aba bagizi ba nabi binjiye muri uru rugo ahagana saa tatu z'ijoro batangira gusaka urugo basaba nyirurugo kubaha imbunda n'amafaranga ariko nyirurugo avuga ko nta mbunda atunze.

Abaturanyi b'uyu muryango bavuze ko abateye uru rugo bari abantu batatu bambaye imyenda ya gisirikare kandi bahise amasura yabo nk'uko abaganiriye na Bwiza dukesha iyi nkuru babitangaje.

Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Kayumba Ephrem yemeje aya makuru avuga ko uyu mugore yamaze kwitaba Imana nyuma yo kuraswa n'abo bagizi ba nabi.

Meya Kayumba yavuze ko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza bityo abaturage badakwiye gukuka umutima ahubwo bakomeza gufatanya n'inzego z'umutekano kwicungira umutekano batanga amakuru ku gihe.



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Rusizi-Abitwaje-intwaro-bateye-urugo-rw-umuturage-barasa-umugore-we-arapfa

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)