-
- Hamaze iminsi havuga ubwiyongere bw'imisoro ku mitungo itimukanwa, bamwe bagasaba ko yagabanywa
Ubutumwa bw'uyu muturage buragira buti:
Murakoze Nyakubahwa kubera umwanya mwatugeneye, twishimiye iterambere ryihuse igihugu cyacu gikomeje kugeraho ariko nifuza kubaza akabazo kerecyeranye n'imisoro ku mitungo itimukanwa.
Tuzirikana ko imisoro ari yo yubaka igihugu, kandi ntitwifuza gutungwa n'imisoro y'ahandi.
Ariko itegeko ryongera 300% imisoro ku mitungo itimukanwa, tugendeye ku bushobozi bw'Abanyarwanda, biragaragara ko ari myinshi cyane kandi n'ubukungu bwarahungabanye kubera COVID-19.
Twabasabaga Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ko mu bushishozi musanganywe mwareba uko iryo tegeko ryongera kwiganwa ubushishozi.
Murakoze Nyakubahwa
source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/arasaba-perezida-kagame-gusuzuma-ikibazo-cy-imisoro-ku-mitungo-itimukanwa