Mu ijoro ryo kuwa Mbere rishyira kuwa Kabiri, itariki 03 Ugushyingo 2020, inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR ziravugwaho kwica abantu babiri, barimo umuyobozi w'ikigo cy'ishuri giherereye muri gurupoma ya Tongo, yo muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.
'Bishe abantu babiri. Umuyobozi w'ishuri n'ushinzwe umutungo bishwe n'Aba-FDLR. Turimo kwibaza impamvu ubuzima busigaye bugoye mu karere kacu ka Rutshuru. Turasaba guverinoma kuzana amahoro muri Teritwari ya Rutshuru, ' ibi byatangajwe na Patrick Mavuno, impirimbanyi y'uburenganzira bwa muntu muri iyi teritwari.
Iyi nkuru dukesha urubuga 7SUR7.CD ikomeza ivuga ko ubwicanyi bukomeje gufata intera mu burasirazuba bwa Congo.
Inyeshyamba za ADF bivugwa ko zikomeje kuba inyeshyamba zidafite impamvu, ni zimwe mu zikomeje kwica, gusahura no gutera ubwoba Abanyekongo mu gihe umugambi watangijwe na Perezida Tshisekedi mu Ukwakira wo kurandura imitwe yose yitwaje ibirwanisho ukomeje kudatanga umusaruro.