Rayon Sports yatsinze Alpha FC igitego 1-0 mu mukino wa gishuti wabereye mu kibuga cyo mu Nzove.
Uyu munsi Rayon Sports mu rwego rwo kwitegura shampiyona umwaka w'imikino wa 2020-2021, yakinnye umukino wayo wa mbere wa gishuti, ni nyuma y'iminsi 5 igeze mu mwiherero.
Uyu mukino wayihuje na Alpha FC yo mu cyiciro cya 2 irimo yitegura imikino ya kamarampaka yo mu cyiciro cya kabiri ihatanira kuzamuka mu cya mbere.
Ni umukino wabereye mu kibuga cyo mu Nzove saa 15h wafashije umutoza Guy Bukasa kureba abakinnyi be urwego bariho.
Warangiye ku ntsinzi ya Rayon Sports y'igitego 1-0 cyo ku munota wa 35 cyatsinzwe na Mudacumura Jackson uzwi nka Rambo iyi kipe yaguze ikuye muri Heroes, ni kuri kufura yari itewe na Sugira Ernest.
Undi mukino wa gishuti wabaye uyu munsi, AS Kigali yatsinze Gorilla ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade Regional i Nyamirambo, ni ibitego byatsinze na Emery Bayisenge kuri penaliti ndetse na Mukonya.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-yatsinze-alpha-mu-mukino-wa-gishuti-amafoto