Col. Shaban Bantariza, wari Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma ya Uganda akaba n'umuyobozi wungirije w'ikigo Uganda Media Centre yitabye Imana. Nkuko Daily Monitor yabitangaje dukesha iyi nkuru.
Aya makuru yemeje n' Umuvugizi w'ingabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwso mu itangazo yashyize ahagaragara yavuze ko UPDF ibabajwe n'urupfu rw'umwe mu bahoze ari abasirikare beza bayo.Yagize ati:
'Umuryango mugari w'ingabo za Uganda UPDF, tubabajwe n'urupfu rw'umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda Wungirije akaba n'umuyobozi wungirije w'ikigo Uganda Media Centre rtd.Col.Shaban Bantariza.'
Col. Shaban Batariza, ni umwe mu bari abarwanyi ba National Resistance Army bari bayobowe na Museveni mu ntambara yo mu mwaka 1985 yaje kurangira bahiritse ubutegetsi Milton Obote.
Col. Shaban Bantariza yanabaye umuvugizi w'igisirikare cya Uganda UPDF imyaka irenga 10. Kuri ubu yari umuyobozi wa NRM mu gace k'uburengerazuba bwa Uganda.

Col. Shaban Bantariza yaguye mu bitaro bikuru bya Mulago aho yari amaze iminsi avurirwa.
Source : https://impanuro.rw/2020/10/27/umuvugizi-wungirije-wa-guverinoma-ya-uganda-yitabye-imana/