Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasohoye amabwiriza ajyanye n'impinduka mu gutwara abagenzi mu modoka za rusange, izo mpinduka zikaba zigaragaza ko ibiciro byagabanutse, hashingiwe ku kuba umubare w'abagenda mu modoka wongerewe.
Igiciro gishya kiributangire gukurikizwa kuri uyu wa kane tariki 15 Ukwakira,cyagabanutseho kiva ku mafaranga 30.8 Frw kigera kuri 25.9 Frw ku kilometero kimwe mu ngendo zihuza intara n'umujyi wa Kigali ndetse no mu ntara Mujyi warwagati.Ni mu gihe mu mujyi wa Kigali cyavuye kuri 31.9 Frw kigera kuri 28.9 Frw ku kilometero kimwe.
Izi mpinduka mu biciro by'ingendo zatangajwe hashingiwe ku byemezo by'Inama y'Abaminisitiri yateranye tariki 12 Ukwakira 2020, ikanzura ko imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zemerewe gutwara abantu buzuye ku bagenda bicaye mu gihe izifite imyanya igendamo abahagaze izajya yakira kimwe cya kabiri cyabo. Yagize iti:
'Ku modoka zifite imyanya y'abagenda bicaye gusa, zemerewe gutwara 100% by'umubare w'abantu zemerewe gutwara. Ku modoka zifite imyanya y'abagenda bicaye n'abagenda bahagaze, zemerewe gutwara 100% by'umubare w'abantu bicaye na 50% by'abagenda bahagaze. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa n'ikigo cya RURA.''
Mu itangazo rya RURA ryo kuri uyu wa Gatatu Tariki 14 Ukwakira 2020 yatangaje ko Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zifite imyanya y'abagenda bicaye gusa, zemerewe gutwara 100% by'umubare wagenwe; naho bisi nini zikorera mu Mujyi wa Kigali zemerewe gutwara 100% by'umubare w'abagenzi bicaye na 50% by'abagenda bahagaze.

RURA yashishikarije abagenzi gukomeza kwishyura ingendo bifashishije ikoranabuhanga.
Yagize iti :
'Abagenzi barasabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda no gukumira ikwirakwira ry'icyorezo cya COVID-19 cyane cyane gukaraba neza intoki bakoresha isabune n'amazi meza cyangwa umuti wabugenewe (hand sanitizer) mbere yo kwinjira mu modoka na nyuma yo kuyisohokamo.''
Abagenzi barasabwa kwambara neza agapfukamunwa, kwirinda gusuhuzanya bahana ibiganza cyangwa bahoberana no gukomeza kubahiriza andi mabwiriza yo kwirinda COVID-19 agenwa na Minisiteri y'Ubuzima.
Ibigo bitwara abantu mu modoka rusange byibukijwe ko bikwiye kugenzura ko abagenzi bubahiriza amabwiriza yo kwirinda no gukumira ikwirakwira rya COVID-19.
Imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zirashishikarizwa guhora zifunguye ibirahure uretse mu gihe hari imvura.
Imodoka zitwara abagenzi zizakomeza kubahiriza isaha yo gutangira akazi ya saa Kumi z'igitondo kugeza saa Yine z'ijoro, iyo buri wese agomba kuba yagereyeho mu rugo rwe.
Ibiciro mu mujyi wa Kigali



Ibiciro mu Ntara bitangira kubahirizwa kuri uyu wa kane tariki 15 Ukwakira 2020

























Source : https://impanuro.rw/2020/10/15/rura-yashyize-hanze-ibicuro-bishya-by-ingendo-mu-gihugu-hose/