Ku munsi w'ejo wari umukino wa mbere kuri Mugiraneza Jean Baptiste Migi muri uyu mwaka w'imikino akiniye ikipe ye ya KMC muri Tanzania, ni nyuma yo kugorwa no kubona ibyangombwa byo gukorera muri iki gihugu, umukino we wa mbere yaje kuwutakaza batsindwa na Yanga ya Haruna Niyonzima 2-1.
Mu mpera z'icyumweru gishize amwe mu makipe akinamo abanyarwanda yari yakinnye imikino yayo ya shampiyona, gusa andi ntabwo shampiyona yakinwe dore ko hari n'aho yasojwe.
Rwatubyaye Abdul ntabwo yakinnye kuko shampiyona yo mu cyiciro cya kabiri muri USA yo yamaze kurangira. Mu Buligi aho Bizimana Djihad akina muri Waasland Beveren iyi kipe imaze igihe idakina kubera bamwe mu bakinnyi bayikinira bagaragaweho n'icyorezo cya Coronavirus, ikaba izasubukurwa iyi kipe ikina na Gent tariki ya 1 Ugushyingo.
Muri Armenia aho Nirisarike akina no mu Misiri aho Kevin Muhire akina, amakipe yabo mu mpera z'icyumweru gishize ntabwo yakinnye, ni kimwe no muri Tanzania Simba SC ya Kagere n'ubwo afite imvune ntabwo yakinnye muri weekend ikaza gukina uyu munsi na Ruvu Shooting, ni kimwe na Azam FC ya Ally Niyonzima irakina na Ihefu.
Ku munsi w'ejo hashize ku Cyumweru, KMC ya Migi yari yakiriye Yanga ya Haruna Niyonzima. Umukino wabereye Mwanza ku kibuga cya CCM Kirumba.
Migi wakinaga umukino we wa mbere nyuma yo kubona ibyangombwa, yabanje mu kibuga, gusa ntibyagenze neza kuko umukino baje kuwutakaza ku bitego 2-1. Haruna Niyonzima yari ku ntebe y'abasimbura.
Muri iki gihugu, Azam FC ni iya 1 n'amanota 21, Yanga ni iya 2 na 19, Simba ni iya 4 n'amanota 13 mu gihe KMC ya Migi ari iya 6 n'amanota 11.
Ku wa Gatatndatu tarki ya 24 Ukwakira, Mukunzi Yannick yari mu kibuga akina iminota 90 ubwo ikipe yatsindaga Frej ibitebo 3-2. Kugeza ubu mu cyiciro cya 3 muri Sweden, Sandvikens IF ya Yannick iri ku mwanya wa 6 n'amanota 44, ni mu gihe Vasalund ya mbere ifite 60.