Kenya: Umugabo w' imyaka 30 yiyahuye nyuma yo gushyirwa ku nkeke n' ikigo cyamugurije amafaranga #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Ukwakira 2020 , muri Kenya umugabo w'imyaka 30 witwa Solomon Ayindi, yiyahuye nyuma yo gushyirwa ku nkeke n'ikigo gitanga inguzanyo mu buryo bw'ikoranabuhanga.

Umurambo wa Solomon Ayindi Kataka basanze umanitse ku mugozi uhambiriye ku gisenge cy'inzu ye mu Mudugudu wa Eshambitsi.

Umuryango we wari uyobowe na nyina, Alice Omwenje, wavuze ko nyakwigendera yahozwaga ku nkeke n'ikigo gitanga inguzanyo mu buryo bw'ikoranabuhanga, yari abereyemo 30 000 Ksh cyamugurije, ni ukuvuga hafi ibihumbi 270 Frw.

Uyu mugabo ngo yabashije kwishyura igice gito cy'iyo nguzanyo ariko ngo ntiyabasha kwishyura amafaranga yose kubera ibibazo by'ubukungu yari arimo muri iyi minsi.

Uwamugurije ariko ngo ntiyabyitayeho, ku buryo yamushyize ku nkeke mu cyumweru gishize cyose.

Nk' uko ikinyamakuru The Citizen dukesha iyi nkuru kivuga ko nyuma y'uko uyu mugabo yiyahuye, umuryango we watangaje ko inzu yaguyemo igomba gusenywa bijyanye n'umuco wabo.

Muri ako gace ngo iyo umuntu yiyahuye ntabwo ajyanwa mu irimbi, ahubwo ahambwa aho yapfitiye ndetse ntihagire umuhango ukorwa wo kumusezeraho mu cyubahiro.

Umurambo wa Salomo wajyanywe mu bitaro bya Kakamega County



Source : https://impanuro.rw/2020/10/19/kenya-umugabo-w-imyaka-30-yiyahuye-nyuma-yo-gushyirwa-ku-nkeke-n-ikigo-cyamugurije-amafaranga/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)