Umugore yatangaje ibyiza byo gushakwa n' abagabo babiri kuruta umwe #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umugore wamenyekanye ku mazina ya Brisbaneb wo muri Nigeria, yatunguranye ku mbuga nkoranyambaga ubwo yatangazaga amafoto y'abagabo be babiri bashakanye.

Nk'uko yabitangaje, yavuze ko abagabo babiri ari abe, abana nabo mu mahoro no mubwumvikane, yongeraho ko yishimiye urukundo yiyumvamo kuri buri wese ariko ko atabakunda rumwe.

Kuri ibyo, yabonyeko bidahagije, yongeraho gukangurira abandi bagore ko ari byiza kugira abagabo babiri kuruta umwe.

Bimutera akanyamuneza iyo bose bari kumwe


Uyu mugore akaba yakoresheje Twitter kugirango atangaze ko yishimye kuba abana n'abagabo babiri, yabyerekanye yifashishishije ikimenyetso cyo mu mibare cyerekana biruta (>>>>>>>) mu guca akarongo ku kwemeza ko kugira abagabo babiri (bigamous) biruta kugira umugabo umwe (monogamous)

Abakoresha imbuga nkoranyambaga, ntibakiriye neza ubutumwa bwe bavuga ko asa nuri kubashora mu kwicuruza, ariko ntibyahinduye igitekerezo cye 



Source : https://impanuro.rw/2020/09/24/umugore-yatangaje-ibyiza-byo-gushakwa-n-abagabo-babiri-kuruta-umwe/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)