Ku bufatanye n’abaturage kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Nzeri Polisi ikorera mu karere ka Rubavu yafashe umugabo w’imyaka 45 amaze kugurisha abantu babiri ibiti biri mu ishyamba ry'umuturage. Ibi yabikoraga yiyoberanyije nk’umuganga aho yambaraga umwambaro w’abaganga ndetse n’abaje kugura ibyo biti bamusangaga ku kigo nderabuzima cya Gisenyi.
source https://igihe.com/amakuru/article/rubavu-hafashwe-uwagurishaga-ibiti-biri-mu-ishyamba-ry-abandi-yiyita-umuganga