Nyuma y'imyaka 3 atandukanye na APR FC, myugariro Ngando Omar yavuze ko ikintu kimwe azahora yibukira kuri iyi kipe y'ingabo z'igihugu ari uko ari ikipe itajya itinda guhemba abakinnyi bayo.
Muri Nyakanga 2017 ni bwo uyu myugariro w'umunyarwanda ariko ukinira ikipe y'igihugu y'u Burundi yatandukanye na APR FC ahita yerekeza muri AS Kigali.
Mu kiganiro na ISIMBI.RW, Ngando Omar yavuze ko ibintu bitagenze neza ubwo yari muri APR FC, gusa ngo kongera kuyikinira birashoboka kuko nta kidashoboka.
Yagize ati'nakinnye muri APR FC ariko ntabwo navuga ko ibintu byagenze neza kuko igihe kinini nari ku ntebe y'abasimbura(..) kuri njyewe buri kintu cyose ni ukuganira, muganiriye mukumvikana kandi ukareba ngiye muri iriya kipe nshobora gutera imbere, ndetse abakinnyi barimo uko twafashanya ni ibyo gusa. APR FC nta kidashoboka nayisubiramo.'
Yakomeje avuga ko ikintu kimwe ahora yibuka kuri APR FC ari uko ari ikipe itajya itinda guhemba abakinnyi bayo.
Yagize ati'ikintu ntazibagirwa muri APR FC ni uko ari ikipe itajya itinda kwishyura umukinnyi umushahara we.'
Ngando Omar yinjiye muri APR FC muri 2016 avuye muri Atletico Olympic Bujumbura, ayikinira umwaka 1 ahita yerekeza muri AS Kigali yatandukanye na yo muri 2019 ahita ajya muri Oman mu ikipe ya Al Bashaer SC ubu akaba yaramaze kuba umukinnyi wa Kiyovu Sports.