Humble Jizzo yinjiye mu bucuruzi #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuhanzi wo mu itsinda rya Urban Boys, Manzi James wamenyekanye nka Humble Jizzo, yinjiye mu bucuruzi bw'inzu n'ibibanza.

Uyu muhanzi akaba yatangije kompanyi yitwa Tunga Real Estate aho batanga serivisi zo kuranga amazu n'ibibanza bigurishwa.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Humble Jizzo yatangaje ko yatangije iyi kompanyi kandi yigezeye ko izafasha abanyarwanda ibagezaho serivisi nziza kandi mu buryo bworoshye cyane.

Iyi kompanyi ikaba ifasha abafite inzu n'ibibanza bagurisha kubabonera abakiriya cyangwa n'abifuza inzu n'ibibanza byo kugura kubafasha kubibona, ikaba ifite ibiro Kacyiru.

Nyuma ya Urban Record, studio y'itsinda rya Urban Boys abarizwamo we na Nizzo, aba basore bari baherutse gufungura Urban Image, sosiyete yo gufata no gutunganya amashusho n'amafoto mu birori birimo n'ubukwe.

Humble Jizzo yatangije kompanyi kompanyi y'ubucuruzi


source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/humble-jizzo-yinjiye-mu-bucuruzi
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)