
Ibi bije nyuma yuko kizigenza akaba na captain w’ikipe ya Barcelona Lionel Messi, adashaka kongera amasezerano mw’ikipe, aho avugako nt’abakinnyi bafite impano bahari bo gukinana nawe. ibi nibyo byanatumye ikipe ya Barcelona igira igitekerezo cyo kugarura Neymar, kugirango aze abe yakumvisha Messi kuguma mw’ikipe ya Barcelona.
Ikinyamakuru AS ari nacyo twakuyeho iyi nkuru, kiratangazako Neymar yamaze gusinyana amasezerano na PSG azamwemerera kugenda mu mera ziyi season, ariko bakaba bamuhaye ibintu agomba kuzagenderaho kugirango azabashe gusubira mw’ikipe yahoze akinira ya Barcelona, aho agomba gutanga imbaraga ze zose mu mikino Paris Saint-Germain isigaje gukina muriyi Season ngo championa y’ubufaransa ibone kurangira. Mumikino Neymar amaze gukinira PSG muriyi season, mu mikino 22 yatsinzemo ibitego 18 atanga na assists 10.
Ousmane Dembele na Griezman
Ariko kugirango Barcelona izabashe kugarura Neymar birasabako izabanza gukusanya amafaranga menshi. kubw’iyi mpamvu Ousmane Dembele na Antoine Griezman bakaba aribo bahabwa amahirwe menshi yo kuzifashishwa bakerekeza muri Paris Saint-Germain kugirango Neymar abashe kugaruka i Camp Nou.
The post Birangiye Neymar PSG imuhaye uburenganzira bwo gusubirana na Messi muri Barcelona. appeared first on KASUKU MEDIA.
source https://kasukumedia.com/birangiye-neymar-psg-imuhaye-uburenganzira-bwo-gusubirana-na-messi-muri-barcelona/