Umuhanzi Mani Martin, ntiyakunze kumwikana cyane avugwaho kuba mu rukundo n’umuntu runaka nkuko bikunze kuba kubindi byamamare cyane cyane Aho mumuziki hakunze kugaragara guhinduranya abakunzi bya hato na hato,gusa mani Martin nyuma yo guhurira indirimbo you and I na Kate bashabe ibintu kuri we bisa nibyahindutse.
Mu minsi ishize umunyamideri Kate Bashabe, ukurikirwa n’imbaga y’abarenga ibihumbi 459 kuri Instagram, yashyize ifoto kuri urwo rubuga yifuriza abakunzi be icyumweru cyiza maze abafana bayisamira hejuru nk’ibisanzwe ndetse na Mani Martin aboneraho gushyira hanze imbamutima ze amutaka.
Martin akimara kuvuga kuri iyi foto bashabe yahise ayisiba yihuse.
Martin wagaragayeho gukururwa n’imiterere ya Bashabe, ntiyabashije guhisha amiyumvo ye ahubwo yahise ajya muri “comments” yandikaho amagambo ngo “Size wanu”, ashatse kugaragariza Bashabe ko yakunze imiterere ye.
Bashabe wakunze kwerekana ko atifuza kuvugwa mu rukundo n’abahanzi nyarwanda kuva bamuvugana na Meddy mu mwaka wa 2017, yahise asiba iyo foto vuba ndetse anaboroka Mani Martin kuri Instagram bisa n’aho atifuje ko abafana n’itangazamakuru bongera kumubaza ibibazo nk’ibyo bamubajije ubwo hagaragaraga amafoto ari kumwe na Meddy.
Yaherukaga kugarukwaho mu rukundo ubwo bavugaga ko ari gukundana n’umukinnyi wa Liverpool, Sadio Mane waruherutse mu Rwanda arikumwe n’ikipe ye y’igihugu cya Senegal, gusa Mane yahakanye yivuye inyuma ibyo gukundana bashabe.
Kate bashabe ukurikirwa n’ibihumbi 459 kuri Instagram ye bijya bitera benshi kwibaza impamvu we nta muntu ku giti cye akurikira.
The post Agahinda nikenshi kuri mani Martin nyuma yo kuborokwa na Kate bashabe kuri Instagram. appeared first on KASUKU MEDIA.
source https://kasukumedia.com/agahinda-nikenshi-kuri-mani-martin-nyuma-yo-kuborokwa-na-kate-bashabe-kuri-instagram/