Rayon Sports yasinyishije rutahizamu ukomoka mu muryango wa Emmanuel Adebayor #rwanda #RwOT

webrwanda
0
Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Kamena 2020, nibwo uyu musore ukiri muto yasinyiye gukinira iyi kipe ikunzwe n'abantu benshi mu gihe cy'imyaka ibiri iri imbere. Alex Nyarko Harlley yari asanzwe akinira Georgia Revolution yerekejemo nyuma yo kuva muri Las Vegas Lights FC (USL club) yo muri Las Vegas. Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano yagize ati “uraho bakunzi ba Rayon Sports, nishimiye kubasinyira. Tuzabonana mu mwaka utaha w'imikino, dufatanya gukora amateka." Alex Nyarko Harlley yari asanzwe akina mu cyiciro cya 4 muri Leta Zunze ubumwe za Amerika aho yakiniraga ikipe yitwa Georgia Revolution FC. Uyu musore w'imyaka 27 y'amavuko ni umwe mu bakinnyi iyi kipe izaba igenderaho nyuma y'uko abenshi yari ifite bakomeye bamaze kuyivamo berekeza mu makipe atandukanye arimo aya hano mu Rwanda. Alex Nyarko Harlley yasinyiye Rayon Sports, aho agiye kuyikinira imyaka ibiri
http://dlvr.it/RYyNpX

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)