Nyuma yo kongerera abakinnyi 3 amasezerano ikagura abandi 3, Musanze FC yamaze gutandukana n'abandi 8.
Mu ijoro ryakeye ni bwo Musanze FC yongereye amasezerano abakinnyi 3 ndetse igura n'abandi 3.
N'ubwo hari bakinnyi baguze bivuze ko hari abo igomba gutandukana na bo harimo 5 basoje amasezerano ndetse n'abandi batatu bari bagifite amasezerano bagomba gusezererwa.
Mu basoje amasezerano barimo; Maombi Jean Pierre, Nduwayezu Jean Paul Chouchou, Touya Jean, Gabiro Claude na Mugenzi Cedric.
Abakinnyi batatu bari bagifite amasezerano ariko bakaba bagomba gutandukana n'iyi kipe ni; Ernest Adeola, Okwecuku Okay bari bagifite imyaka 2 n'umunyezamu Muhawenayo Gad.
Uretse aba bakinnyi biteganyijwe ko abandi bakinnyi 3 barimo umunyezamu Ntaribi Steven, Samson Okwecuku na Kyambadde Fred bashobora kwinjira
source http://isimbi.rw/siporo/article/musanze-fc-yatandukanye-n-abakinnyi-8