Emery Bayisenge ufite indoto zo gukina i Burayi, afitiye icyezere abakinnyi bakuriye hanze y'u Rwanda

webrwanda
0

Myugariro w'umunyarwanda ukinira SAIF SC muri Bangladesh, Emery Bayisenge avuga ko ikipe y'igihugu ihari niramuka yivanze na bamwe mu bakinnyi b'abanyarwanda bakuriye hanze ya rwo mu minsi iri imbere izaba ari ikipe ikomeye ku ruhando mpuzamahanga.

Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n'urubuga rw'impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku Isi ‘FIFA', kibanze ku buzima bwe mu ikipe y'igihugu nk'umwe mu bakinnye igikombe cy'Isi cya 2011 cy'abatarengeje imyaka 17 ndetse n'aho abona Amavubi mu myaka iri imbere.

Uyu musore yatangaje ko ubwo bari mu gikonbe cy'Isi bisanze mu itsinda rikomeye, gusa ngo ahora yibuka uburyo yahuye n'abakinnyi bafite impano nka Raheem Sterling.

Yagize ati“twari twariteguye cyane irushanwa ariko kuzamuka wahuye n'Ubwongereza, Uruguay na Canada ntibyari byoroshye, nahuye n'abakinnyi bafite impano nka Raheem Sterling, ni ikintu ntekerezaho. Ni gute nakwibagirwa ubwiza bwa stade zo muri Mexico.”

Yakinnye igikombe cy'Isi cy'abatarengeje imyaka 17 muri 2011

Akomeza avuga ko intego ze ari ugukina ku mugabane w'u Burayi kuko ari ndoto ze kuva akiri umwana.

“Muri Bangladesh abantu benshi bakunda umupira, ibibuga biba byuzuye n'ubwo baba badasakuza nko muri Morocco, ndishimye uyu munsi n'ubwo inzozi zanjye ari ugukina i Burayi.” Emery Bayisenge

Uyu myugariro kandi yavuze ko iyo arebye ikipe y'igihugu Amavubi abakinnyi ifite kuri ubu, nihiyongeramo abakuriye hanze y'u Rwanda izaba ari ikipe nziza cyane.

Yaize ati“ dufite umujyo nyawo kandi umusaruro w'imikino iheruka biranyereka ko iminsi myiza iri imbere. Niba dushobora gushyira imbaraga ku ikipe iriho hamwe n'abasore b'abanyarwanda bakiri bato bakurira mu mahanga n'ubwo basanzwe bemerewe gukinira ibindi bihugu, ndabona ejo hazaza heza h'ikipe.”

Emery Bayisenge ni umwe mu bakinnyi bakinnye igikombe cy'Isi cy'abatarengeje imyaka 17 cyabereye muri Mexico muri 2011, yakiniye amakipe atandukanye arimo APR FC, KAC Kenitra na JS Massira muri Morocco ubu akaba ari muri Bangladesh muri SAIF SC.

Ahamya ko ejo h'Amavubi ari heza
Umwaka ushize ni bwo yerekeje muri SAIF SC


source http://isimbi.rw/siporo/article/emery-bayisenge-ufite-indoto-zo-gukina-i-burayi-afitiye-icyezere-abakinnyi-bakuriye-hanze-y-u-rwanda
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)