Al Hilal ikomeje gutanga ibyishimo mu banyarwanda #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Al Hilal SC yo muri Sudani ikina Shampiyona y'u Rwanda, yakatishije itike ya 1/4 cya CAF Champions League.

Iyi kipe nk'uko ikina Shampiyona y'u Rwanda aho yakirira imikino yayo kuri Stade Amahoro, uyu munsi yari yakiriye Saint-Éloi Lupopo mu mukino usoza itsinda C.

Ni umukino wagiye kuba Al Hilal iyoboye itsinda n'amanota 8 isabwa kunganya gusa kugira ngo ihite igera muri 1/4.

Lupopo FC yari iya nyuma n'amanota 5, yasabwaga gutsinda gusa ikarenga amatsinda.

Ntabwo byaje kuyihira kuko Al Hilal SC yayitsinze 1-0 cya Steve Ebuela ku munota wa 26, inzozi zayo zirarangirira i Kigali.

Ni umukino wabonetsemo amakarita 2 y'imituku iyahawe Junior Mendy wa Saint-Éloi Lupopo ku munota wa 44, ni nyuma y'uko yari ahawe ikarita ya kabiri y'umuhondo isanga iyo yari yahawe ku munota wa 32.

Na Al Hilal SC ku munota wa 75 yabonye ikarita itukura yahawe Salaheldin Sadi, na we yari ikarita ya kabiri y'umuhondo ni nyuma y'iyo yari yabonye ku munota wa 52.

Undi mukino wo muri iri tsinda, Mamelodie Sundowns yatsinze MC Alger 2-0 ihita nayo igera muri 1/4

Abanyarwanda bagiye gukomeza kuryoherwa n'iyi mikino aho Al Hilal yazamutse n'amanota 11, Mamelodi 9. MC Alger ifite 7 na Saint-Éloi Lupopo ifite 5 zasezerewe.

Wari umukino utoroshye
Al Hilal yageze muri 1/4 cya CAF Champions League



Source : http://isimbi.rw/al-hilal-ikomeje-gutanga-ibyishimo-mu-banyarwanda.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)