Imodoka za gisirikare za Kenya zitwaye ibikoresho,zinjiriye ku mupaka w'u Rwanda zijya mu mujyi wa Goma, aho ingabo ziri, mu rwego rwo kwitegura kurwanya imitwe y'inyeshyamba irimo na M23.
Ingabo za Kenya (KDF) mu ntangiriro z'uku kwezi k'Ugushyingo zinjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku mugaragaro, zijya gufasha icyo gihugu guhangana n'imitwe yitwaje intwaro.
Icyo gihe hoherejwe ku ikubitiro abasirikare 1000 bafite intego yo kurandura imitwe y'inyeshyamba n'umutwe wa M23 ukomeje kuzengereza igisirikare cya leta, FARDC. Kuwa 11 Ugushyingo nabwo tsinda ry'abasirikare ba Kenya ryageze i Goma rigizwe n'abasirikare 903.
Kuri uyu wa mbere tariki 28 Ugushyingo 2022, i Nairobi muri Kenya hari kubera ibindi biganiro byiga ku kibazo cy'umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umutwe wa M23 wongeye guhezwa ku nshuro ya gatat
Ibi biganiro byitabiriwe n'abahagarariye imitwe yitwaje intwaro y'abanye-Congo irenga 40, hamwe n'abandi bafite uruhare mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwa kiriya gihugu.