Nyuma y'imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y'igihugu y'umukino w'intoki wa Basketball #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uwabaye Kapiteni w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda y'umukino w'intoki wa Basketball, Mugabe Aristide yamaze gusezera gukinira ikipe y'igihugu nyuma y'imyaka 11 ayikinira.

 

Mugabe usanzwe ukinira ikipe ya Patriots Basketball Club, yasezeye gukinira ikipe y'igihugu y'u Rwanda abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.


Yagize ati' yari imyaka 11 mpagarariye  igihugu cyanjye, Imana yarabikoze, ni icyubahiro ndetse n'umugisha kuba umwe mubagize ikipe yigihugu, inzozi zanjye zabaye Impamo'.

'Ndashimira Imana, FERWABA, abakinnyi twakinanye, Inshuti , umuryango wanjye ndetse n'abakunzi banjye kuba mwaranshyigikiye'.

'Kuri ubu urugendo rwanjye rugeze ku musozo, ndabashimira mwese'.

Mugabe Aristide w'imyaka 34 y'amavuko, asezeye mu ikipe y'igihugu nyuma yo gukina mu makipe atandukanye arimo Rusizi BBC, Espoir BBC ndetse na Patriots arimo kuri ubu guhera muri 2015.

The post Nyuma y'imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y'igihugu y'umukino w'intoki wa Basketball appeared first on RUSHYASHYA.



Source : https://rushyashya.net/nyuma-yimyaka-11-mugabe-aristide-yasezeye-gukinira-ikipe-yigihugu-yumukino-wintoki-wa-basketball/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=nyuma-yimyaka-11-mugabe-aristide-yasezeye-gukinira-ikipe-yigihugu-yumukino-wintoki-wa-basketball

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)