Inteko y’u Rwanda igiye kwakira inama y’abahagarariye Inteko z’ibihugu bya Commonwealth muri Afurika - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yatangaje ko kwakira bagenzi babo bo mu Nteko z’Ibihugu bya Afurika, biri mu Ihuriro ry’Inteko zo muri Commonwealth ari amahirwe akomeye ku Nteko y’u Rwanda no ku gihugu muri rusange.

Ati “Twiteze umusaruro mu biganiro biteganyijwe, tuzungurana ibitekerezo na bagenzi bacu muri Afurika ku buryo bwiza bwo gukemura ibibazo by’abaturage bacu no kugira uruhare mu gutuma inzozi zabo ziba impamo.”

Ibiganiro muri iyi nama bizibanda ku ruhare rw’inteko muri sosiyete zitera imbere, ububasha bw’Inteko n’icyo ubudahangarwa bwazo buvuze, uburyo zafashwa kuzuza inshingano zazo, uko zahindura imikorere bitewe n’ingaruka za Covid-19 n’ibindi.

Ibihugu byamaze kwemeza ko bizitabira iyi nama birimo Botswana, Cameroon, Ghana, Kenya, Mozambique, Namibia, Nigeria, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Tanzania, Uganda n’u Rwanda ruzayakira.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yatangaje ko kwakira iyi nama ari amahirwe ku gihugu



source : https://ift.tt/3cI0zKw
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)