Ntibisanzwe! Ibirori byatumye umugeni ajyanwa kwa muganga igitaraganya_ inkuru irambuye #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umugeni yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma y'aho ku munsi w'ubukwe bwe, mu byishimo byinshi abari bamuherekeje bamutereye mu kirere maze bakananirwa kumufata, yitura hasi ahita avunika uruti rw'umugongo.

Mu gace ka Bihor mu burengerazuba bw'amajyaruguru ya Romania, mu cyumweru gishize, ubukwe bw'umusore n'inkumi bwatangiye neza ariko ibintu biza kuzamba ubwo mu byishimo byinshi umusore yajunywaga mu kirere akagwisha umutwe.

The Sun dukesha iyi nkuru ivuga ko ubwa mbere bamutereye mu kirere amanutse hasi baramufata, ariko ubwa kabiri biranga, abanza umutwe hasi, ashinga ijosi, uruti rw'umugongo rwe rurangirika.

Uyu musore yahise ajyanwa kwa muganga mu gihe abari aho bari bumiwe. Abaganga bo bavuze ko uko inshuti ze zamufashe zimujyana kwa muganga, nabwo bwatumye ikibazo cye kirushaho kuzamba.

Dr. Lucia Daina uri kuvura uwo mugeni, yavuze ko 'Ubu uyu musore akiri kwa muganga ndetse mu cyumweru gitaha azakorerwa irindi suzuma.'

Amakuru avuga ko ahaberaga ubukwe baguye mu kantu igihe gito ariko bikomereza ibirori. Bivugwa ko uyu mugeni yavuganye n'umwavoka we, asaba ko agomba kurega inshuti ze.



Source : https://impanuro.rw/2021/10/01/ntibisanzwe-ibirori-byatumye-umugeni-ajyanwa-kwa-muganga-igitaraganya_-inkuru-irambuye/

Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)