Umuhango wo gutanga impamabumenyi kuri abo banyeshuri wabaye kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukwakira 2021. Ubaye ku nshuro ya 15 kuva iri shuri ryashingwa.
Umuyobozi Mukuru wa UNILAK, Dr Ngamije Jean, yavuze ko ashingiye ku masomo bahawe n’uburyo bigishijwe kwihangira imirimo, hari icyizere ko bagiye kuzitwara neza muri sosiyete no kugira uruhare mu gukemura ibibazo bihari, ariko abibutsa ko basoje amasomo mu bihe bigoye.
Ati “Abo bose dushingiye ku byo twagiye tubona no mu bihe byashize n’abagiye barangiza, barimo baratanga umusanzu wabo mu gihugu. Barangije mu gihe kigoye aho imirimo iba mike kandi abarangiza ari benshi, ariko bose babonye isomo ribatoza guhanga imirimo.”
“Kugira ngo babone imirimo bose igihugu nticyabibasha cyonyine, ariko abanyeshuri b’iki gihe barabikora neza [kwihangira umurimo] ni na cyo dushimira Imana, benshi barangiza bamaze kumenya icyo bagiye gukora.”
Abahawe impamyabumenyi ni abigiye mu mashami yose y’iyi Kaminuza yaba irya Kigali, Nyanza ndetse na Rwamagana.
Abarangije icyiciro cya Kabiri ni 856 mu gihe abarangije Masters ari 135. Muri aba harimo ab’igitsina gore barenga 600 n’ab’igitsina gabo barenga 380.
Abanyeshuri 57 bahize abandi (abagize hejuru ya 80%), nibo bitabiriye imbonankubone uyu muhango wabereye ku ishami rya UNILAK rya Nyanza, aho abasigaye bawitabiriye bifashishije ikoranabuhanga.
Bamwe muri bo babwiye IGIHE ko bashingiye ku masomo bahawe ndetse n’uburyo bigishijwe kwihangira umurimo, bagiye gushyira mu bikorwa ibyo bize.
Dusabimana Gad ati “Muri iyi minsi biragorana iyo umuntu yiteze ko azabona akazi, ariko UNILAK ntabwo iturera ngo tuzashake akazi gusa, ahubwo twigishwa no kwihangira akazi. Njyewe natangiye gutekereza uko nakora ubucuruzi.”
Uwambayinema Bélise we yavuze ko bitewe n’ubumenyi yahawe na UNILAK, yamaze kubona icyo akora.
Ati “Aha nahakuye ubumenyi kandi ni bwo bwatumye mbona akazi muri kampani ikomeye ku Isi, aho nkora ibijyanye no gutanga ubufasha ku bakiriya baba baraguze software dukora bagahura n’ibibazo.”
UNILAK yashinzwe mu 1997 n’ishyirahamwe ry’ababyeyi b’Abalayiki b’Abadventiste, FAPADER. Imaze gushyira ku isoko ry’umurimo abanyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza barenga 13.800 ndetse n’abarangije Masters basaga 600.
Usibye Abanyarwanda iyi Kaminuza yigamo n’Abanyamahanga bagera kuri 200 baturuka mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.



source : https://ift.tt/3AKC74X