-
- Abafatiwe muri iyo modoka berekeza i Kigali batabifitiye uruhushya
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, avuga ko umushoferi w'imodoka yari yahawe uruhushya "mouvement clearence", iva i Kigali ajya i Rusizi ku bitaro bya Gihundwe kureba umubyeyi we uharwariye. Asubira i Kigali, yapakiye abantu mu modoka ye batari babisabiye uburenganzira abaca amafaranga abavana Rusizi abajyana i Kigali Imodoka ayigira taxi, kuko yabaciye buri muntu amafaranga 25000Frw.
Polisi ivuga ko Hamis yafashwe ku mugoroba tariki 9 Nyakanga 2021 ku isaha ya saa kumi n'ebyiri n'igice z'umugoroba.
-
- Imodoka bari barimo
Abafatiwe mu modoka barimo Asmani Jean de Dieu, Karemera James, Mwanankesa Mwanza na
Rugabirwa Rugama.
Polisi ivuga ko abo bari mu modoka baciwe amande y'ibihumbi icumi na Ngali 10,000 buri Muntu yo kutubahiriza amabwiriza ya Covid-19.



