Niyomubyeyi Noella wamamaye ku izina rya Fofo yavuze ku bijyanye n'urugendo yari yaragiyemo muri Tanzania aho yanavuze ku makuru yavuzwe ko Diamond yaba yaramurwariye indege n'ibindi. Ibi Fofo yabivugiye mu kiganiro SUNDAY CHOICE LIVE aho yari yatumiwe nk'umutumirws w'umunsi.
Mu gutangira iki kiganiro, Fofo yavuze ko mu minsi ishize yari yaragiye ku gihugu cya Tanzania aho yari yaragiye mu bikorwa byo kumenyekanisha indirimbo nshya y'umusore bakundana ndetse bitegura no kurushinga. Fofo yakomeje avuga ko yishimira cyane kuba umukunzi we yaramugiriye ikizere cyo kuba yamuhagararira akajya kumenyekanisha ibikorwa bye.
Ku bijyanye n'umubano we na Diamond Platnumz byavuzwe ko yamukunze (yamugiriye crush), Fofo yavuze ko aya makuru nawe yayumvise gusa avuga ko batarahura na rimwe kuko nawe amubona mu mashusho. Fofo yongeyeho ko nubwo aherutse kujya muri Tanzania atigeze ahura na Diamond Platnumz dore ko akazi kari kamujyanye ariko yakoze gusa akaba atarigeze abona umwanya wo kuba yajya mu bindi no kuba yahura n'abandi bantu.
Comments
0 comments