Byose bigiye hanze: Dore uko Marina yababajwe na Baadrama agafata icyemezo cyo kuva muri The Mane – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu minsi ishize nibwo inkuru yabaye kimomo ko umuhanzikazi Marina yasezeye muri The Mane, iyi ni inkuru yacicikanye cyane nyuma yuko uyu muhanzikazi abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yashyize  hanze ibaruwa isezera kuri The Mane. Marina nyuma yo gusezera kuri The Mane hacicikanye andi makuru avuga ko The Mane yaba irimo gusatira iherezo ryayo dore ko hasigayemo umuhanzi umwe muri iyi label ariwe Calvin Mbanda.

Aristide Gahunzire wahoze ari umujyanama w'abahanzi bo muri The Mane nawe akaba yaramaze gusezera kuri The Mane yavuze icyaba cyarababaje Marina kikaba n'imbarutso ye yo gusezera kuri The Mane. Ni mu kiganiro Aristide yagiranye na CHITA MAGIC TV aho yavuze ko Baadrama ubwo yari mu kiganiro yavuze ko umuhanzikazi Knowless ntaho ahuriye na Marina ndetse ko Marina agifite byinshi byo gukora kugirango azabashe kugera ku rwego nk'urwa Knowless. Ibi akaba ari ibintu bibi cyane Baadrama yakoze kuko yashyize hasi umuhanzikazi abereye umuyobozi aho kumuratira abandi no kuvuga ko ashoboye. Ibi akaba ari byi bishobora kuba byaratumye Marina arakara cyane ndetse agafata n'icyemezo cyo gusezera kuri The Mane.

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/byose-bigiye-hanze-dore-uko-marina-yababajwe-na-baadrama-agafata-icyemezo-cyo-kuva-muri-the-mane/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)