Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Mata 2021, muri Somaliya umuyobozi w'intara yarusimbutse , ubwo yarokokaga igitero cy'umwiyahuzi witurikirijeho igisasu muri imwe mu mazu afungurirwamo mu mujyi wa Baidoa mu majyepfo ashyira uburengerzuba bw'igihugu.
Ababibonye bavuze ko umugabo wambaye ikote rihambiriyeho ibisasu yagerageje kwegera Ali Wardhere Dooyow, umuyobozi w'iyo ntara, ariko ushinzwe umutekano we akamukumira. Uwo mwiyahuzi yahise aturitsa ibyo bisasu biramuhitana we n'abasivili batatu n'ushinzwe umutekano w'umukuru w'intara
Umwe mu babibonye, Liban Ibrahim, yabwiye Ijwi ry'Amerika dukesha iyi nkuru ko uwo muyobozi w'intara yari amaze akanya gato ahageze azanye n'abantu babiri. Yavuze ko bamwicaye iruhande bagasaba ikawa nyuma y'akanya gato bakumva ikintu gituritse. Ibrahim yavuze ko yabonye abantu baryamye hasi bamwe bakomeretse abandi bapfuye.
Umwe mu bashinzwe umutekano utashatse ko izina rye ritangazwa yabwiye iki kinyamakuru twavuze haruguru , ko abarinda uwo muyobozi bari baryamiye amajanja kuko hari hashize iminsi bamenyeshejwe ko ashobora kugabwaho igitero.
Source : https://impanuro.rw/2021/04/10/somaliya-umuyobozi-w-intara-yarusimbutse/