Rusizi : Polisi yafashe abantu 12 bakekwaho kwiba bakoresheje intwaro #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ubutumwa yanyujije kuri Twitter, Polisi y'u Rwanda itarangaza ko bariya bantu bakwaho icyaha cyo kwiba bakoresheje intwaro, banahitanye ubuzima bw'umuturage.

Ubu butumwa buvuga ko umuntu wishwe muri biriya bikorwa by'ubujura bukoreshejwe intwaro, ari uwo mu Murenge wa Gihundwe.

Polisi kandi ivuga ko biriya bikorwa bikekwa kuri bariya bantu 12, byanakomerekeyemo umuntu wo mu Murenge wa Mururu ndetse bakiba n'amafaranga mu Murenge wa Kamembe.

Ubu aba bantu 12 bafashwe bakwaho biriya bikorwa byo kwiba bakoresheje intwaro, bafungiye kuri station ya Polisi ya Kamembe muri kariya Karere ka Rusizi.

ITEGEKO RITEGANYA IKI ?

Ingingo ya 170 : Kwiba hakoreshejwe intwaro

Umuntu wese wiba akoresheje intwaro, aba akoze icyaha cyo kwiba hakoreshejwe intwaro.

Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n'itanu (15) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000FRW).

Igihano kiba igifungo kirenze imyaka cumi n'itanu (15) ariko kitarenze imyaka makumyabiri (20) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni zirindwi (7.000.000 FRW) iyo :

1 º kwiba byakozwe n'abantu barenze umwe (1) ;

2 º intwaro yitwajwe yakoreshejwe ;

3 º kwiba byakorewe mu nzu ituwemo cyangwa mu biyikikije, kabone n'iyo yaba ituwemo by'agateganyo cyangwa mu nzu ikorerwamo.

Iyo kwiba hakoreshejwe intwaro byateje urupfu cyangwa iyo byakozwe n'agatsiko kishyize hamwe, igihano kiba igifungo cya burundu.

UKWEZI.RW



Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Rusizi-Polisi-yafashe-abantu-12-bakekwaho-kwiba-bakoresheje-intwaro

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)