Nyagatare: Guverineri Gasana yaburiye abayobozi bakingira ikibaba abinjiza magendu n’ibiyobyabwenge -

webrwanda
0

Yabigarutseho mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Mata 2021, aho ari kumwe n’abagize inama itaguye y’umutekano y’Intara y’Iburasirazuba, bari kuganira n’abo mu nzego z’ibanze mu Mirenge itandatu yo mu Karere ka Nyagatare ikora ku mupaka ariyo Kiyombe, Karama, Rwempasha,Musheri, Matimba na Tabagwe.

Muri uru ruzinduko, aba bayobozi basuye ibikorwa by’iterambere ndetse banagirana ibiganiro n’abayobozi mu nzego z’ibanze zegereye abaturage mu byiciro bitandukanye.

Guverineri Gasana yavuze ko baganiriye n’abayobozi batandukanye kugira ngo barebere hamwe uburyo ibibazo biri ku mupaka birimo magendu, ibiyobyabwenge bishobora gucika biciye mu bukangurambaga bakora.

Ati “ Ibyo turimo kumvikana aha ni ukuzamura imyumvire no kwihutisha amakuru kugira ngo tuyasangire ku gihe cyangombwa bidufashe gutabara dufate abantu binjiza magendu mu gihugu.”

Guverineri Gasana yavuze ko Leta yubatse ibikorwaremezo bitandukanye hafi y’umupaka ku kigero cya 97% mu bikorwa byahubatswe birimo amashuri, amavuriro, imihanda, amazi, amasoko ndetse n’ibindi bitandukanye akaba ngo ariyo mpamvu abahaturiye bakwiriye kwiteza imbere bakava mu bikorwa bya magendu.

Yabwiye abaturage ko Perezida Paul Kagame yifuza ko u Rwanda rugira umuturage utekanye, umuturage ufite amahirwe angana, uteye imbere kandi ufite imibereho myiza.

Yashimiye abaturage ku ntera bamaze kugeraho mu iterambere, abasaba kugira uruhare mu gukemura ibibazo bikigaragara.

Umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’Iburasirazuba n’umujyi wa Kigali, Maj. Gen Mubaraka Muganga basabye abaturage kwirinda ibyaha birimo ibiyobyabwenge, magendu, amakimbirane mu miryango, kwambuka imipaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’ibindi.

Muri uru ruzinduko abo mu nzego z’ibanze bagaragarije aba bayobozi ko amavuriro y’ibanze bubakiwe hakiri ibikoresho byinshi biburamo basabwa kubyegereza kugira ngo bibarinde gukora ingendo ndende bajya kwaka serivisi zimwe na zimwe ahandi.

Guverineri Gasana yasabye abayobozi bo mu nzego z'ibanze kuba maso bakirinda abambutsa magendu
Abaturage basabwe kwirinda ibyaha, bubahiriza ibyo amategeko ateganya
CP Emmanuel Hatari yasabye abaturage kwirinda ibyaha byatuma bafungwa



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)