Imirimo yo kubaka Ubusitani bw’Urwibutso igeze kuri 90% -

webrwanda
0

Ni iminsi 100 itangira ku wa 7 Mata, ubwo Jenoside yatangiraga ikarangira ku wa 7 Nyakanga, igihe FPR Inkotanyi yahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.

Ubusitani bwiswe ‘Jardin de la Mémoire’ ni kimwe mu bice bigize Urwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro ruruhukiyemo imibiri y’inzirakarengane zisaga ibihumbi 11 z’Abatutsi bari bahungiye muri ETO Kicukiro, bakicwa nyuma yo gutereranwa n’Ingabo za Loni.

Madamu Jeannette Kagame yafunguye ku mugaragaro igice cya mbere cy’ubu busitani bw’Urwibutso muri Mata 2019.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Umuryango Uharanira Inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Ibuka, Ahishakiye Naphtal, yabwiye The New Times ko imirimo yo kubaka icyiciro cya nyuma igeze ku musozo.

Ati “Ubusanzwe icyiciro cya nyuma cyagombaga kuba kigize nibura 20% by’imirimo yose yo kubaka ubu busitani. Icyiciro cya nyuma ubu kigeze kuri 50%, ibi bishatse kuvuga ko imirimo yose muri rusange igeze kuri 90%, kandi izarangira mu minsi 100 yo kwibuka.”

Ubusitani bw’Urwibutso bugizwe n’ibice bitandukanye birimo amabuye y’amakoro ashushanya abishwe muri Jenoside, uko ibidukikije byagize uruhare mu kurokora abahigwaga, imyobo ifunguye igaragaza aho bamwe bajugunywe, imigezi iri mu bishanga n’ibindi.

Mu gice cyahariwe ishyamba ryo kwibuka hatewemo ibiti by’ingenzi nk’icy’Umuvumu cyerekana ‘umuryango’ ‘Umuko’ kigaragaza ‘ubwirinzi n’ubwiza’ n’icy’Umunyinya kigaragaza ‘ukwihangana no kwihagararaho’.

Biteganyijwe ko ubu busitani bw’urwibutso bwubatse kuri hegitari hafi eshatu, buzuzura butwaye miliyoni zirenga 700 Frw.

Uku niko uru rwibutso ruzaba rumeze
Imirimo yo kubaka Ubusitani bw'Urwibutso igeze ku musozo



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)