Abavuga ko Jenoside itateguwe ni abashinyaguzi- Ubuhamya bwa Nkurunziza warokokeye mu Burundi (Video) -

webrwanda
0

Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabaye Nkurunziza afite imyaka 17. Iyo abara iyo nkuru avuga neza uko byamugendekeye muri icyo gihe, kuko yari mukuru uzi icyatsi n’ururo.

Mu kiganiro kirambuye Nkurunziza yagiranye na IGIHE yavuze ku buzima bugoye we n’umuryango we baciyemo kuva aho abari batuye mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, uko bahungiye i Burundi n’uko bagarutse mu Rwanda nyuma ya Jenoside.

Yavuze ko nyuma y’ihirikwa ry’Ingoma ya Cyami n’iya Gikoloni, Abatutsi bagiye batotezwa mu bihe bitandukanye.

Yagize ati “Data umbyara Semukunzi Philemon, yagiye afungwa inshuro nyinshi nko mu 1963, 1966 no mu 1967. Icyo gihe yari afite bashiki be bari barahungiye mu Burundi na Tanzania, bamushinjaga kuba icyitso cy’Inyenzi. Baramukubitaga cyane, ku buryo yaje gukuramo ubumuga, aza no gupfa Jenoside yegereje. Bigaragare ko byari babyarateguwe.”

Nkurunziza avuga ko itotezwa Abatutsi bakorerwaga kuva mu myaka yo hambere ryerekana ko hategurwaga umugambi wo kubarimbura.

Ati “Jenoside yarateguwe mu by’ukuri, abavuga ko itateguwe ni amatakirangoyi no gushinyagura. Iyo ubona ikintu kiba, kikaba mu gihugu hose, ugasanga nta muryango w’Abatutsi utarakorewe Jenoside. Ubona ko byateguwe.’’

Mu 1994, Nkurunziza yari umunyeshuri mu mashuri yisumbuye. Yavuze ko tariki ya 6 Mata 1994, ubwo indege ya Habyarimana Juvénal yahanurwaga hari bamwe batangiye kwibeshya ko hagiye kuboneka agahenge.

Ati “Abantu bamwe baravugaga bati ‘noneho bagiye kutumara, abandi bakavuga ko ubwo Habyarimana apfuye agahenge kagiye kuboneka.’ Bwacyeye ku Gikongoro abaturage batwikira Abatutsi. Twarabibonaga, kuko komini yacu yahanaga imbibi na komini ebyiri zo muri Perefegitura ya Gikongoro [Nyamagabe y’ubu]. Mu gitondo twabonaga inzu zishya muri Komini za Rwamiko na Mubuga, ho muri Perefegitura ya Gikongoro.”

Nkurunziza yavuze ko Abatutsi bo ku Gikongoro bari bizeye kuharokokera, kuko Perefe wa Butare yari Umututsi.

Ati “Muri Perefegitura ya Butare twari dufite umwihariko. Hari Perefe [Guverineri w’ubu] w’Umututsi, witwaga Habyarimana Jean Baptiste. Uwo mwanya Perezida Habyarimana yari yarawumuhaye mu buryo bwo kwikiza, avuga ati ‘reka turebe ko baduha amahoro.’ Abatutsi bo ku Gikongoro bahungiye i Butare bibwira ko ubwo hari Perefe w’Umututsi azabarinda.”

Mu buhamya bwe avuga ko ibyo bibwiraga atari ko byagenze kuko uwo Perefe bari biringiye yaje kuvanwaho. Icyo gihe Abatutsi benshi batangiye guhungira kuri kiliziya ariko bahageze ubuzima burabagora.

Ati “Byageze aho duhungira kuri Paruwasi Gatolika ya Karama. Nyuma huzuye impunzi z’Abatutsi, inka zabo n’utuntu duke babaga babashije kuvana ku Gikongoro. Hari Umupadiri witwaga Ngomirakiza wadufashije cyane. Icyo gihe yabaruye Abatutsi bari bahungiye kuri kiliziya, kugira ngo ajye abona uko abaha ibyo kurya, asanga basaga ibihumbi 100.”

Yavuze ko umwe mu minsi iteye ubwoba ari igihe hicwaga Abatutsi basaga ibihumbi 75 ku munsi umwe kuri iyi kiliziya bari bahungiyeho.

Nkurunziza yasobanuye ko nubwo icyo gitero cyagabwe n’Interahamwe cyari gikomeye ariko hari abakirokotse.

Yagize ati “Tariki 13 Mata 1994, twavuye i Karama tujya ahitwa i Kiruri. Twajyanye n’inka zacu. Interahamwe twari duturanye yitwaga Ngarambe yaje mu rugo ifite inkota iriho amaraso. Yabajije mama impamvu tutarahunga. Yatubwiye ko Interahamwe zimeze nabi, atugira inama yo guhunga, ariko byari urwiyerurutso.”

“Nkibona inkota yari afite, nahise nsimbuka urugo ndagenda. Ubwo mama na bashiki banjye biteguraga kugenda hahise hatunguka igitero cy’Interahamwe. Ku bw’amahirwe barazicitse, bihisha mu mubyuko w’amasaka. Interahamwe zishe iriba twavomagaho, zifata uburozi bwica uburondwe zibumena mu isoko y’amazi, zishaka ko nituyakoresha tuza gupfa.”

Nkurunziza yavuzeko iriba rimaze kwangizwa bahuye n’ikibazo cy’ibura ry’amazi bikabakomerana cyane, kuko ibyo kurya padiri yabahaga batabonaga uko babiteka. Icyo gihe kubona inkwi byari ingutu kuko uwajyaga gutashya baramutemaga.

Hashize icyumweru Interahamwe zateraga buri joro, zigamije kwiba inka, ariko Abatutsi bakirwanaho. Mu kubacogoza, umunsi umwe Interahamwe zateye ziri kumwe n’abasirikare zirasa ku mpunzi, zinaziteramo grenade.

Nkurunziza yavuze ko uko babarasaga, birwanagaho babatera amabuye ariko bigera aho abo basirikare bari bifatanyije n’Interahamwe amasasu abashirana.

Yakomeje ati “Abagabo b’ingufu twari kumwe barabasatiriye. Twaravuze tuti n’ubundi batwishe reka tubasatire. Abo basirikare babonye ko twarakaye na bo bariruka, dukomeza urugendo tujya i Burundi.”

“Mu kujya i Burundi na bwo twagiye baturasa. Twageze ku Kanyaru mu rukerera nka saa Kumi n’imwe twananiwe, bamwe barambuka, abandi amazi arabatwara. Hari abaciye ku mupaka, Burugumesitiri Deogratias arabakurikira ashaka kubagarura. Yabwiye abasirikare b’Abarundi ko duhunze inzara ngo nibatwohereze tugaruke. Baramusetse, bamubaza ubwoko bw’iyo nzara itema abantu, kuko bari batahuye ko turi guhunga abashaka kutwica.”

Mu rugendo rugana mu Burundi, Abatutsi bakorewe ubwicanyi n’abarimo impunzi z’Abahutu b’Abarundi zari zarahungiye mu Rwanda.

Nkurunziza yakomeje avuga ko tariki 21 Mata 1994, ari bwo i Karama habaye ubwicanyi bukabije cyane.

Ati “Hari abana bari basigaye i Karama, kuko ababyeyi babo bari bishwe. Abagore b’Abahutu baragiye barabafata babatekera igikoma ariko mbere yo kukibaha babanje gushyiramo bwa buro bwica uburondwe. Abo bana barenga 1000 twasanze barapfuye. Amakuru y’uko aba bana bagaburiwe igiko kirimo uburozi, yatangiwe mu Nkiko Gacaca.”

Yasobanuye uko byabagendekeye ubwo bageraga i Burundi, bakahahurira n’inzara yaje gutuma agurisha imwe mu myenda yari yambaye.

Ati “Twagiye i Burundi nagondetse ipantaro, ebyiri muri eshatu ndazigurisha. Udufaranga duke bampaye, nahise njya kuguriramo mushiki wanjye na murumuna wanjye uburobe n’utunyobwa ngo barye kuko bari bashonje cyane. Twe batujyanye ahitwa ku Mubuga. Baduhaye amahema turayashinga ngo turyame, ariko hari ahantu habi cyane. Hari umusaza warayemo bucya yapfuye.”

Icyakora kuko Nkurunziza yari afite nyina wabo i Ngozi, nyuma yaho yabatwaye iwe. Babaye i Burundi, baza kuhava Inkotanyi zimaze gufata igihugu.

Nkurunziza yishimira ko nyuma ya Jenoside leta yashyizeho uburyo bwo gufasha abaturage. Yabashije kwiga aranaminuza, ashaka umugore bamaze kubyarana abana bane.

Nkurunziza Jean Baptiste yavuze ku buhamya bw'uburyo yarokotse Jenoside n'uko yiyubatse



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)