Rutahizamu w'umunyarwanda wakiniraga ikipe ya Rayon Sports, Iranzi Jean Claude ahamya ko yamaze kumvikana n'iyi kipe ubu ari umukinnyi wa Pharco FC yo mu Misiri.
Mu ntangiriro za 2020, Rayon Sports yatije Iranzi Jean Claude muri Aswan Sporting Club mu cyiciro cya mbere mu Misiri mu gihe cy'amezi 6 yamushima ikazavugana na Rayon Sports ikamugumana ariko yaje kumurekura.
Mu mpera za 2020 Iranzi Jean Claude yagarutse mu Rwanda mu ikipe ya Rayon Sports aho yasubiye mu Misiri mu iki gihugu mu ntangiriro z'uyu mwaka kurangizanya n'ikipe ya Pharco FC.
Mu kiganiro n'ikinyamakuru ISIMBI yavuze ko byarangiye hashize igihe ndetse yatangaiye no gukinira iyi kipe.
Ati"nibyo, hashize igihe ndi umukinnyi wa Pharco FC. Ibya Rayon Sports byarakemutse ubu natangiye no kuyikinira."
Rayon Sports nayo binyuze mu muvugizi wayo, Jean Paul Nkurunziza yemeje ko ubu nta kibazo bafitanye na Iranzi ari umukinnyi wa Pharco FC.
Uyu mukinnyi yasinyiye iyi kipe mu ntangiriro za Gashyantare, ntabwo yavuze imyaka yasinye ariko amakuru avuga ko yasinye umwaka umwe ushobora kongerwa.
Kugeza uyu munsi shampiyona y'icyiciro cya kabiri mu Misiri igeze ku munsi wa 14, Pharco FC ya Iranzi Jean Claude iri ku mwanya wa mbere n'amanota 29 ikurikiwe na
Haras El Hodood ifite 25.