Nyarugenge: Yatawe muri yombi azira kwaka ruswa abaturage ngo bahabwe serivisi -

webrwanda
0

Uyu munyerondo nyuma yo kumenya amakuru y’uko ari gushakishwa n’inzego z’umutekano kugira ngo akurikiranwe ku cyaha cyo kwaka ruswa abaturage bikekwa ko yakoze ku wa 17 Gashyantare 2021, yahise atoroka, aburirwa irengero.

Nyuma y’igihe ashakishwa, yafatiwe mu Karere ka Rubavu ku wa 8 Werurwe 2021 ku bufatanye bw’abaturage n’inzego zishinzwe kurwanya ruswa.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE, ko uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya RIB iherereye i Nyamirambo.

Ati “Ni byo arafunzwe, akurikiranyweho kwaka abaturage ruswa ngo abahe serivisi. Afungiye kuri Sitasiyo ya RIB i Nyamirambo.”

Yongeyeho ko RIB itazihanganira abantu bose baka ruswa abaturage ndetse ko nabo bakwiye kumenya ko guhabwa serivisi bakeneye bidasaba ikiguzi, anasaba abayobozi bose n’inzego bireba kubafasha kurwanya ruswa.

Uyu munyerondo nahamwa n’icyaha, azahanishwa ingingo ya Kane y’Itegeko ryerekeye kurwanya ruswa iteganya igihano kiri hagati y’imyaka itanu n’irindwi n’ihazabu yikubye gatatu kugera kuri gatanu y’indonke yatse.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)