Minisitiri Shyaka Anastase yasabye inzego z’ibanze guca akajagari kagaragara mu masoko -

webrwanda
0

Amasoko nka hamwe mu hantu hahurira abantu benshi, hashobora kuba intandaro y’ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 mu buryo bworoshye, ari nayo mpamvu Leta y’u Rwanda yagennye ko azajya akorerwamo ku kigero cya 50% by’ubushobozi bwayo mu rwego rwo kugira ngo abayakoreramo babone uko bahana umwanya hagati yabo.

Nk’urugero, bamwe mu bakoreraga mu Isoko rya Ngara mu Murenge wa Bumbogo bacuruza ibicuruzwa bitarimo ibiribwa, boherejwe mu rya Eden riherereye mu Murenge wa Kinyinya, mu rwego rwo kurwanya akajagari n’ikwirakwira rya COVID-19.

Abacuruzi bavuga ko kurwanya akajagari mu masoko byabafashije kwirinda COVID-19 no kunoza imikorere nk’uko babitangarije RBA.

Umwe mu bacururiza mu Isoko rya Ngara mu Murenge wa Bumbogo yagize ati “Urabona ko gukora gutya turahanahana intera, urumva ko nta hantu twahurira kugira ngo twanduzanye COVID-19.”

Mu bikorwa byo kwimura bamwe mu bakoreraga muri iryo soko boherezwa mu rya Eden, Minisitiri Shyaka, yavuze ko amasoko akwiye kwirinda gukorera mu kajagari kandi ko aba bacuruzi bazafashwa mu buryo butandukanye.

Ati “Ubucuruzi buzakomeza ariko budakozwe mu kajagari, aka gasoko karatunganywa kamere neza. Abacuruzi bacururizaga aha, abenshi babonemo imyanya bakoreramo ibyo bacuruzaga bijyanye n’ibiribwa. Twamenye ko hari n’abakoreraga muri iri soko baturuka Kinyinya nabo twababoneye ahandi mu gasoko ka Kinyinya. Baratangira bacuruze kandi ba nyiri masoko batwemereye ko batanga uwo musanzu ko batangira gucuruza batishyura.”

Ku ruhande rwa ba rwiyemezamirimo bacunga aya masoko, bemeza ko ari ingenzi kurwanya akajagari kakigaragara mu masoko atandukanye kandi bizeza aboherejwe mu isoko rishya ubufatanye.

Inzego z'ibanze zirasabwa kugira uruhare mu guca akajagari



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)