Kasha yahawe miliyoni 1$ azayishoboza gutanga serivisi z’ubuzima ku bagore bo mu Rwanda na Kenya -

webrwanda
0

Aya mafaranga yatanzwe n’Ikigo U.S. International Development Finance Corporation (DFC) cy’Abanyamerika, cyibanda ku ishoramari rikemura ibibazo bikigaragara mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Umuyobozi Mukuru wa Kasha ku rwego rw’Isi, Joanna Bichsel, yavuze ko “Kasha yishimiye gukorana na DFC nk’umuterankunga w’igihe kirekire. Bitewe n’inkunga ifatika Amerika ikomeje gushora mu bikorwa mu bikorwa by’ubuzima ku rwego rw’Isi, ndetse n’inkunga iterwa ibigo bikizamuka byashoye mu rwego rw’ubuzima, dufite icyizere ku iterambere ry’ibikorwa bya Kasha mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’ahandi ku Mugabane wa Afurika. Dutewe ishema n’ishoramari rya DFC mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere”.

Umuyobozi Wungirije wa DFC ushinzwe ibikorwa mpuzamahanga, Algene Sajery, yavuze ko “ibikorwa by’ubuzima bw’abagore ni ingenzi cyane mu guteza imbere ubukungu bw’abagore n’abakobwa mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere. DFC itewe ishema no gutera inkunga ibikorwa by’udushya bigamije guteza imbere ubuzima bw’abagore muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara”.

Kasha yatangiye ibikorwa byayo mu mwaka wa 2016, aho binyuze mu bucuruzi ikorera kuri internet, imaze gukorana n’abagore barenga 130 000, muri bo 63% bakaba babarirwa mu bafite amikoro aciriritse mu bihugu by’u Rwanda na Kenya.

Kasha icuruza ibikoresho bifasha ubuzima bw'abagore



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)