Apôtre Gitwaza yapfushije nyina - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Inkuru y'urupfu rw'umubyeyi wa Apôtre Gitwaza yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gashyantare 2021. Uyu muvugabutumwa yanditse kuri WhatsApp agaragaza ko yapfushije umubyeyi, aho yagize ati 'Ruhukira mu mahoro Mama, tuzagukumbura.'

Umwe mu bantu ba hafi ba Gitwaza yabwiye IGIHE ko uyu mubyeyi yari amaze igihe arwaye.

Ati 'Yari arwariye i Nairobi muri Kenya, afite ikibazo cy'uburyo amaraso atembera mu mubiri. Yari yarivurije mu Rwanda igihe kinini, Apôtre avuga ko umuntu atamurangarana ahitamo kumwoherezayo ngo arebe ko hari icyo byatanga.'

Uyu mubyeyi wa Gitwaza, yatangiye kurembywa n'uburwayi guhera muri Nzeri umwaka ushize.

Ubusanzwe yitwaga Nyirabasabaga Léah yavutse mu 1935 [yari afite imyaka 86]. Yari asanzwe ari mu bashumba mu Itorero rya Zion Temple mu Gatenga. Yari afite abana barindwi n'abuzukuru n'abuzurukuza 88.

Yari atuye mu karere ka Kicukiro mu Murenge Niboye.

Uyu mubyeyi yitabye Imana nyuma yaho umugabo we ari nawe se wa Gitwaza yitabye Imana mu 2012. Yitabye Imana tariki ya 06 Kamena 2012 aho yapfuye azize indwara yari amaze igihe arwariye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK.

Uyu se wa Gitwaza witwaga Rév Pasiteri Andreya Kajabika, ari mu bantu ba mbere bakijijwe ubwo yahuraga n'Abamisiyoneri b'Abapantekote baturukaga mu Busuwisi, baza kubwiriza ubutumwa muri RDC.

Apôtre Gitwaza yasabiye umubyeyi we kuruhukira mu mahoro
Apôtre Paul Gitwaza yapfushije umubyeyi we



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/apotre-gitwaza-yapfushije-nyina

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)